Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu waregwaga icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge by’urumogi waburanishijwe muri iki cyumweru bikazamura impaka, yahamijwe icyaha, akatirwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 15 watawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo ubwo yari afite imyaka 14, yaburanishijwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2023.

Mu rubanza rwe, we n’Umunyamategeko we Me Niyotwagira Camille, baburanye bemera icyaha dore ko no mu ibazwa rye rya mbere yari yacyemeye.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumuhamya icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rwemeza ko icyaha cyo gucuruza ibiyobabwenge cyakekwaga kuri uyu mwana kimuhama.

Umucamanza yavuze ko ubusanzwe itegeko riha ububasha umucamanza kugabanya igihano mu gihe hariho inyoroshyacyaha, kandi ko uyu mwana yaburanye yemera icyaha bityo ko yagombaga guhabwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 n’imyaka 15 ariko ko akwiye kugabanyirizwa igihano.

Urukiko ruvuga ko uku kugabanyirizwa igihano gushingiye kandi ku kuba uyu mwana yarakoze iki cyaha kubera kuyobywa n’ababyeyi be babimushoyemo, bityo agomba guhanishwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’imyaka ine ndetse n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Urubanza rw’uyu mwana rwazamuye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko umwana ungana gutya atari akwiye gufungwa.

Ubushinjacyaha bwanataze umucyo kuri iki kibazo, bwavuze ko mu mategeko y’u Rwanda, umwana ugejeje imyaka 14 ariko ataruzuza imyaka y’ubukure (18) iyo afatiwe mu cyaha habaho uburyozwacyaha ku giti cye.

Bwavuze ko uyu mwana yafatiwe mu mukwabu wo gutahura ibiyobyabwenge, bakabimusangana iwabo mu rugo aho yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 53.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mwana yemeye icyaha yaba mu mabazwa ndetse no mu rukiko, yaburanishijwe hubahirizwa ibiteganywa ku mwana uburana atujuje imyaka y’ubukure.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M.LEONCE says:
    3 years ago

    Nge ndabona bitoroshye,uyu mwana ntiyarakwiriye gufungwa ahubwo bakamujyanye mukigo ngororamuco cy’abana.kuko urebye neza wasanga atariwe wabyikoreraga yarabikoreraga abandi cg hari izindi mpamvu zibirinyuma kuko akiri umwana.

    Naho rwose ni ishyano ritugwiririye kumva ko dufunga nimpinja pe. Bikwiye gusubirwamo.

    Reply

Leave a Reply to M.LEONCE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.