Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 78 wamamaye muri film Squid Game iri mu zakunzwe cyane ku Isi, uregwa ibyaha bifitanye isano no guhohotera umugore ubwo yamukorakoraga batabyumvikanyeho, byamenyekanye ko azaburana umwaka utaha.

Uyu musaza witwa O Young-su, yamamaye muri iyi film ya Squid Game kubera imikinire ye, ukurikiranyweho ibyaha byo guhohotera umugore, urubanza rwe rwashyizwe muri Gashyantare umwaka utaha wa 2023.

Uyu mugore ashinjwa guhohotera, yari yaratanze ikirego mu kwezi k’Ukuboza 2021 ariko kiza gushyingurwa, mu gihe Umushinjacyaha wo muri Suwon mu majyepfo y’Umurwa mukuru wa Seoul yongeye kucyubura ndetse yongera gukora iperereza kuri iki cyaha cyo gukorakora umugore.

Mu cyumweru gishize, O Young-su yari yahamagajwe n’Urukiko rwo muri Korea y’Epfo nyuma yuko iki kirego cyongeye kubyutswa.

Umugore ushinja O Young-su, avuga ko yamukorakoye ku mubiri ubwo bahuraga muri 2017 mu gihe uyu mukinnyi wa Film we yakunze kubihakana avuga ko yafashe uyu mukobwa mu biganza ari kumwereka uko batembera ku kiyaga.

Umwaka ushize kandi, uyu mukinnyi wa Film yari yasabye imbabazi uyu mugore umushinja kumukorakora atabimuhereye uburenganzira, atari uko yemeraga ko yakoze iki cyaha ahubwo kuko uwo mugore yamubwiraga ko azazamura ikirego.

O Young-su muri Mutarama uyu mwaka, yegukanye igihembo gikomeye gihabwa umukinnyi mwiza wa film kizwi nka Golden Globe, aba Umunya-Korea y’Epfo wa mbere ucyegukanye.

Iyi film yitwa Squid Game, ni imwe mu zarebwe cyane kuri Netflix ndetse ikaba yarinjije akayabo ka Miliyoni z’amadolari kubera uburyo yakunzwe ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Next Post

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.