• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 78 wamamaye muri film Squid Game iri mu zakunzwe cyane ku Isi, uregwa ibyaha bifitanye isano no guhohotera umugore ubwo yamukorakoraga batabyumvikanyeho, byamenyekanye ko azaburana umwaka utaha.

Uyu musaza witwa O Young-su, yamamaye muri iyi film ya Squid Game kubera imikinire ye, ukurikiranyweho ibyaha byo guhohotera umugore, urubanza rwe rwashyizwe muri Gashyantare umwaka utaha wa 2023.

Uyu mugore ashinjwa guhohotera, yari yaratanze ikirego mu kwezi k’Ukuboza 2021 ariko kiza gushyingurwa, mu gihe Umushinjacyaha wo muri Suwon mu majyepfo y’Umurwa mukuru wa Seoul yongeye kucyubura ndetse yongera gukora iperereza kuri iki cyaha cyo gukorakora umugore.

Mu cyumweru gishize, O Young-su yari yahamagajwe n’Urukiko rwo muri Korea y’Epfo nyuma yuko iki kirego cyongeye kubyutswa.

Umugore ushinja O Young-su, avuga ko yamukorakoye ku mubiri ubwo bahuraga muri 2017 mu gihe uyu mukinnyi wa Film we yakunze kubihakana avuga ko yafashe uyu mukobwa mu biganza ari kumwereka uko batembera ku kiyaga.

Umwaka ushize kandi, uyu mukinnyi wa Film yari yasabye imbabazi uyu mugore umushinja kumukorakora atabimuhereye uburenganzira, atari uko yemeraga ko yakoze iki cyaha ahubwo kuko uwo mugore yamubwiraga ko azazamura ikirego.

O Young-su muri Mutarama uyu mwaka, yegukanye igihembo gikomeye gihabwa umukinnyi mwiza wa film kizwi nka Golden Globe, aba Umunya-Korea y’Epfo wa mbere ucyegukanye.

Iyi film yitwa Squid Game, ni imwe mu zarebwe cyane kuri Netflix ndetse ikaba yarinjije akayabo ka Miliyoni z’amadolari kubera uburyo yakunzwe ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Next Post

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Next Post
Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.