Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya kuri Colonel wigeze kurinda Tshisekedi uherutse kugwa mu mashyamba

radiotv10by radiotv10
20/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya kuri Colonel wigeze kurinda Tshisekedi uherutse kugwa mu mashyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Nzuzi Paseke wari woherejwe na Perezida Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo ajye guhangana na M23, akaba aherutse kwitaba Imana, umurambo we wagejejwe i Goma wakirwa mu cyubahiro gihebuje.

Colonel Nzuzi Paseke yasize ubuzima mu mpanuka yabaye mu Cyumweru gishize tariki 16 Ukuboza 2022, yabereye mu gace ka Kabasha muri Teitwari ya Rutshuru.

Kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, umurambo wa Colonel Nzuzi Paseke wakiriwe ku kibuga cy’indege cya Goma mu muhango wakozwe n’abasirikare bo mu itsinda ririnda umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru Daniel Michombelo ukorera muri Congo Kinshasa, wagaragaje amashusho ubwo uyu musirikare wari ufite ipeti rya Colonel wakirwaga ku Kibuga cy’Indege cy’i Goma, yibukije ko yazize impanuka y’imodoka yabereye muri Pariki ya Virunda.

Yagize ati “Yabanje guhabwa icyubahiro mu mwanya muto na bagenzi be bo mu gisirikare cya Goma. Umubiri we uhita woherezwa i Kinshasa.”

Amakuru avuga ko Colonel Paseke wazize impanuka y’imodoka wenyine mu bo bari kumwe, mu gihe abandi bakomeretse bikabije bagahita bajya kuvurirwa mu bitaro by’i Goma.

Colonel Paseke yari yahinduriwe inshingano mu mavugurura yakozwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka wa 2022, amwohereza kuyobora urugamba rwo guhashya umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FADRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Tumenye ikihishe inyuma y’ifoto ya Bruce Melodie n’umugore we yavugishije benshi

Next Post

Ibijumba ngo ni ibinyampeke!!- DavisD na Young Grace basekeje abantu bifata ku munwa (VIDEO)

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibijumba ngo ni ibinyampeke!!- DavisD na Young Grace basekeje abantu bifata ku munwa (VIDEO)

Ibijumba ngo ni ibinyampeke!!- DavisD na Young Grace basekeje abantu bifata ku munwa (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.