Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IMYIDAGADURO
0
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu abakorwa, bivugwa ko bari bagiye iwe, akagira ibyo abasaba ntibabyumvikaneho, akabahimisha kubafungirana.

Uyu musore ukunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga we na mugenzi we ‘Buringuni’ aho batangiye ibisa n’urwenya bifashishije ibyo bavugaga ko ari ijambo ry’Imana, byabaga byuzuye amashyengo.

Mwitende Abdoulkarim AKA ‘Burikantu’ yatawe muri yombi hirya y’ejo hashize tariki 20 Nyakanga 2025, nyuma yo gufungirana abakobwa bari bagiye mu rugo rwe, kumwaka inama z’uburyo bajya bakora ibiganiro bitambuka ku mbuga nkoranyambaga.

Iki cyaha cyabereye mu Mudugudu wa Binunga mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo, aho uyu musore atuye.

Uyu musore akurikiranyweho icyaha cy’Itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko, giteganywa n’ingingo ya 151 yo mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyi ngingo ivuga ko “Umuntu wese, akoresheje kiboko, ubushukanyi cyangwa ibikangisho, utwara cyangwa utuma batwara, ufungirana cyangwa utuma bafungirana umuntu uwo ari we wese mu buryo butemewe n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

Iyo uwakorewe kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ari umwana, igihano kiba igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10).”

 

Byagenze gute ngo Burikantu atabwe muri yombi?

Amakuru avuga ko abo bakobwa bari bagiye kwa Burikantu ngo abagire inama yuko bajya bakora ibiganiro bigakurura benshi ku mbuga nkoranyambaga, uyu musore yabwiye umwe muri abo bakobwa ko yajya mu cyumba araramo kugira ngo baganire uko yazamufasha, ariko amubera ibamba.

Ngo mu kumwangira, byatumye uyu musore agira umujinya, ahita afungirana mu nzu abo bakobwa, ndetse ababwira ko bava mu nzu ye ari uko bamuhaye amafarana angana n’ibyo yari yabatanzeho, yaba amafaranga y’urugendo yari yabishyuriye, ndetse n’ibyo kunywa yari yabaguriye.

Abakobwa na bo babonye amafaranga yabakaga batayafite, baramuhendahenda bamuha ayo bari bafite, ariko kuko atari ageze ku mubare w’ayo yifuzaga, umusore yahise na we abahima.

Mu kubahima, Burikantu, yahise abasiga mu nzu ayifunze arigendera, abakobwa na bo ni ko guhita bahamagara Polisi y’u Rwanda, na yo itabarana ingoga, ibavana muri iyo nzu ibamo uyu musore, ariko na we ahita atabwa muri yombi.

Mwitende Abdoulkarim alias ‘Burikantu’, nyuma yo gutabwa muri yombi, ubu acumbikiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Kinyinya, kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Burikantu asanzwe anatumirwa mu bitaramo nk’ufite benshi bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga
Yatawe muri yombi akekwaho gufungirana abakobwa mu nzu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Next Post

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Related Posts

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
11/08/2025
0

Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa byo gususurutsa abantu, biravugwa ko yatawe muri yombi akekwaho gutwara ikinyabiziga...

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho,...

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Douglas Mayanja uzwi nka Weasel Manizo usanzwe afitanye abana n’Umunyarwandakazi Teta Sandra bigeze kuvugwaho kugirana amakimbirane, yajyanywe mu...

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Abahanzi Israel Mbonyi na Prosper Nkomezi bari mu bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bagiye gushyira hanze indirimbo...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.