Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka

radiotv10by radiotv10
07/01/2022
in POLITIKI
0
Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) boherejwe muri Niger bakaba bakomeje guteza impaka nyuma y’aho birukanywe n’iki Gihugu, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko aba Banyarwanda babishatse baza mu Rwanda kuko amarembo y’iwabo afunguye.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ibisobanuro Urwego IRMCT rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe na zimwe mu Nkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda [ICTR/TPIR] ku iyoherezwa ry’aba Banyarwanda muri Niger.

Gusa u Rwanda rwari rwatangaje ko aba Banyarwanda boherejwe muri Niger nyuma yo kurangiza ibihano no kugirwa abere, nibabishaka baza mu Rwanda kuko ari iwabo.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe, Umuvugizi Wungiririje wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko “amarembo y’u Rwanda arafunguye. Niba wararangije igihano cyangwa warabaye umwere ushaka kuza mu Rwanda ntakibazo.”

Mukaralinda avuga kandi ko aba bantu badakwiye kugira impungenge ko baramutse bageze mu Rwanda bakongera kuburanishwa kuko barangije ibihano bari barakatiwe n’urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tugendera ku mahame mpuzamahanga avuga ko iyo umuntu yaburanye icyaha akagirwa umwere cyangwa se akaburana, ntabwo icyaha akiburana kabiri, dutanga n’ingero z’ababuraniye mu Bubiligi, barirukanwa bagera hano ariko ubu arahari n’abo bateraga induru baza kumusura.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda

 

U Rwanda si rwo rwasabye ko birukanwa

Mu ijambo yavugiye i New York mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa ibyo kohereza aba Banyarwanda muri Niger.

Mukuralinda na we yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo kubohereza.

Yagize ati “U Rwanda rwabyumvise nk’abandi, rufata uruhande rwarwo turavuga tuti ‘ibyo bintu uko byakozwe si byo’ ariko atari ukuvuga ngo abo Banyarwanda nibabime aho gutura cyangwa turabasabye nibatahe.”

Avuga ko Umunyarwanda udafite icyo akurikiranwaho afite uburenganzira bwo kujya no gutura aho ashaka, avuga ko icyo u Rwanda rwavuze ari uko rutanyuzwe n’uburyo kiriya cyemezo cyo kuboherezayo cyafashwe kuko bitanyuze mu nzira zikwiye

Ati “Ntekereza ko ari n’aho na bo batekereje nibwo Niger ifashe kiriya cyemezo. Ni uburenganzira bwayo.”

Leta ya Niger iherutse gufata icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda umunani ndetse yari yabanje kubaha iminsi irindwi gusa bongerewe indi minsi 30 kugira ngo icyifuzo cyabo kibanze kigweho gifatirwe umwanzuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + thirteen =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Next Post

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y'impimbano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.