Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka

radiotv10by radiotv10
07/01/2022
in POLITIKI
0
Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) boherejwe muri Niger bakaba bakomeje guteza impaka nyuma y’aho birukanywe n’iki Gihugu, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko aba Banyarwanda babishatse baza mu Rwanda kuko amarembo y’iwabo afunguye.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ibisobanuro Urwego IRMCT rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe na zimwe mu Nkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda [ICTR/TPIR] ku iyoherezwa ry’aba Banyarwanda muri Niger.

Gusa u Rwanda rwari rwatangaje ko aba Banyarwanda boherejwe muri Niger nyuma yo kurangiza ibihano no kugirwa abere, nibabishaka baza mu Rwanda kuko ari iwabo.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe, Umuvugizi Wungiririje wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko “amarembo y’u Rwanda arafunguye. Niba wararangije igihano cyangwa warabaye umwere ushaka kuza mu Rwanda ntakibazo.”

Mukaralinda avuga kandi ko aba bantu badakwiye kugira impungenge ko baramutse bageze mu Rwanda bakongera kuburanishwa kuko barangije ibihano bari barakatiwe n’urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tugendera ku mahame mpuzamahanga avuga ko iyo umuntu yaburanye icyaha akagirwa umwere cyangwa se akaburana, ntabwo icyaha akiburana kabiri, dutanga n’ingero z’ababuraniye mu Bubiligi, barirukanwa bagera hano ariko ubu arahari n’abo bateraga induru baza kumusura.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda

 

U Rwanda si rwo rwasabye ko birukanwa

Mu ijambo yavugiye i New York mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa ibyo kohereza aba Banyarwanda muri Niger.

Mukuralinda na we yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo kubohereza.

Yagize ati “U Rwanda rwabyumvise nk’abandi, rufata uruhande rwarwo turavuga tuti ‘ibyo bintu uko byakozwe si byo’ ariko atari ukuvuga ngo abo Banyarwanda nibabime aho gutura cyangwa turabasabye nibatahe.”

Avuga ko Umunyarwanda udafite icyo akurikiranwaho afite uburenganzira bwo kujya no gutura aho ashaka, avuga ko icyo u Rwanda rwavuze ari uko rutanyuzwe n’uburyo kiriya cyemezo cyo kuboherezayo cyafashwe kuko bitanyuze mu nzira zikwiye

Ati “Ntekereza ko ari n’aho na bo batekereje nibwo Niger ifashe kiriya cyemezo. Ni uburenganzira bwayo.”

Leta ya Niger iherutse gufata icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda umunani ndetse yari yabanje kubaha iminsi irindwi gusa bongerewe indi minsi 30 kugira ngo icyifuzo cyabo kibanze kigweho gifatirwe umwanzuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 13 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Next Post

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y'impimbano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.