Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka

radiotv10by radiotv10
07/01/2022
in POLITIKI
0
Amarembo arafunguye- U Rwanda rwahaye ikaze Abanyarwanda bari muri Niger bakomeje guteza impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) boherejwe muri Niger bakaba bakomeje guteza impaka nyuma y’aho birukanywe n’iki Gihugu, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko aba Banyarwanda babishatse baza mu Rwanda kuko amarembo y’iwabo afunguye.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ibisobanuro Urwego IRMCT rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe na zimwe mu Nkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda [ICTR/TPIR] ku iyoherezwa ry’aba Banyarwanda muri Niger.

Gusa u Rwanda rwari rwatangaje ko aba Banyarwanda boherejwe muri Niger nyuma yo kurangiza ibihano no kugirwa abere, nibabishaka baza mu Rwanda kuko ari iwabo.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe, Umuvugizi Wungiririje wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko “amarembo y’u Rwanda arafunguye. Niba wararangije igihano cyangwa warabaye umwere ushaka kuza mu Rwanda ntakibazo.”

Mukaralinda avuga kandi ko aba bantu badakwiye kugira impungenge ko baramutse bageze mu Rwanda bakongera kuburanishwa kuko barangije ibihano bari barakatiwe n’urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tugendera ku mahame mpuzamahanga avuga ko iyo umuntu yaburanye icyaha akagirwa umwere cyangwa se akaburana, ntabwo icyaha akiburana kabiri, dutanga n’ingero z’ababuraniye mu Bubiligi, barirukanwa bagera hano ariko ubu arahari n’abo bateraga induru baza kumusura.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda

 

U Rwanda si rwo rwasabye ko birukanwa

Mu ijambo yavugiye i New York mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa ibyo kohereza aba Banyarwanda muri Niger.

Mukuralinda na we yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze imenyeshwa mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo kubohereza.

Yagize ati “U Rwanda rwabyumvise nk’abandi, rufata uruhande rwarwo turavuga tuti ‘ibyo bintu uko byakozwe si byo’ ariko atari ukuvuga ngo abo Banyarwanda nibabime aho gutura cyangwa turabasabye nibatahe.”

Avuga ko Umunyarwanda udafite icyo akurikiranwaho afite uburenganzira bwo kujya no gutura aho ashaka, avuga ko icyo u Rwanda rwavuze ari uko rutanyuzwe n’uburyo kiriya cyemezo cyo kuboherezayo cyafashwe kuko bitanyuze mu nzira zikwiye

Ati “Ntekereza ko ari n’aho na bo batekereje nibwo Niger ifashe kiriya cyemezo. Ni uburenganzira bwayo.”

Leta ya Niger iherutse gufata icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda umunani ndetse yari yabanje kubaha iminsi irindwi gusa bongerewe indi minsi 30 kugira ngo icyifuzo cyabo kibanze kigweho gifatirwe umwanzuro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Next Post

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y’impimbano

Kigali: Umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho gushakisha akazi impamyabumenyi ya PhD y'impimbano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.