Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in MU RWANDA
0
Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko nibwo hanasinywe amasezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, amasezerano atanu arimo ay’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’itumanaho. Byasinyanye kandi ay’ubufatanye mu bijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, uburezi n’amabwiriza agenga ibijyanye n’imiti.

Nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Tanzania ari ibihugu by’inshuti bisangiye ibirenze umupaka.

“U Rwanda na Tanzania bisangiye ibirenze umupaka, igihango gikomeye dufitanye mu bijyanye n’amateka n’ubushake duhuriyeho bwo gutanga ibyiza ku baturage bacu bwagiye buba izingiro ry’ubufatanye bwacu.”Paul Kagame

Yakomeje avuga ko aya masezerano yasinywe agaragaza ubushake bw’ibihugu byombi mu kurushaho guteza imbere umubano ubyara inyungu.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania kuko ngo bizafasha akarere ka Afurika y’iburasirazuba kuzahura ubukungi bwashegeshwe n’icyorezo cya COVID-19.

“U Rwanda rwiteguye gukorana bya hafi n’abavandimwe ba Tanzania mu mujyo w’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba n’ahandi hatandukanye kugira ngo tuzamure umuvuduko n’imbaraga z’akarere kacu n’ibihugu byacu mu kwigobotora icyorezo cya COVID-19” Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kandi, perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri mu murenge wa Gisozi.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 3 Kanama 2021 ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa perezida w’igihugu cya Tanania, Samia Suluhu Hassan, biteganyijwe ko asura icyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Perezida w’igihugu cya Tanzania Samia Suluhu aratangira umunsi wa kabiri w’uruzinduko rwe kuri uyu wa kabiri

PHOTOS: Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda ifite urugendo rw’imikino ya gicuti muri Senegal

Next Post

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Related Posts

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Rwanda is often praised globally for its efforts in gender equality. The country leads in female political representation and has...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

IZIHERUKA

Challenges women face when starting businesses in Rwanda
MU RWANDA

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

14/10/2025
BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

13/10/2025
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.