Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka riri ku butegetsi muri Namibiya SWAPO, yatorewe kuba Perezida w’iki Gihugu, aba umugore wa mbere ugiye kukiyobora kuva cyabona ubwingenge.

Gutsinda kwa Netumbo Nandi-Ndaitwah, bigaragazwa n’imibare y’ibyavuye mu matora byashyizwe ahagaragara kuri wa Kabiri na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri iki Gihugu cya Namibia.

Nandi-Ndaitwah w’imyaka 72 y’amavuko, yatsinze amatora ku majwi 57%, mu gihe Panduleni Itula bari bahanganye muri aya matora wo mu ishyaka rya Independent Patriots for Change (IPC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, we yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 26%.

Nandi-Ndaitwah wari usanzwe ari Visi Perezida, ndetse wanditse amateka yo kuba ari we mugore wa mbere utorewe kuyobora Igihugu cya Namibia, akimara gutangazwa nk’uwatorewe kuba Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Abaturage ba Namibia batoye amahoro n’umutekano.”

Abaturage ba Namibiya kandi batoye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho Ishyaka SWAPO ryegukanye ubwiganze, ribona imyanya 51 muri 96 yahatanirwaga, mu gihe Ishyaka IPC ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryatsindiye imyanya 20.

Icyakora iri shyaka IPC riyobowe na Panduleni Itula ryatangaje ko ritemera ibyavuye muri aya matora, ndetse rigiye kwiyambaza Inkiko, ngo kuko aya matora yaranzwe n’uburiganya.

Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri Namibia, yatangaje ko amatora yabaye ku wa 27 Ugushyingo 2024, yaranzwe n’ibibazo by’ikoranabuhanga no kubura kw’impapuro z’itora, bituma ibyavuye mu matora bitinda gutangazwa kuko hariho amatora yatinze kurangira.

Ishyaka SWAPO ryongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu nyuma y’imyaka 34 riri ku butegetsi bwagiyeho kuva Namibia yabona ubwigenge, ikigenzura ivuye kuri Afurika y’Epfo mu 1960.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Next Post

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y'ibyo akoze bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.