Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

radiotv10by radiotv10
01/09/2021
in SIPORO
0
Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’uyu wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 guhera saa tatu ku masaha y’i Kigali (21h00’) biraba ari saa mbiri z’umugoroba ku masaha y’i Agadir muri Morocco, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi Stars) aracakirana na Mali mu mukino w’umunsi wa mbere mu itsinda rya gatanu )E) mu rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu kuva isi yaremwa kuko ibi bihugu byombi byahuye mu 2013 ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cya 2014 cyabereye muri Brazil.

Mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi, Mali yatsinze u Rwanda umukino umwe (2-1) undi barawunganya (1-1). Meddie Kagere yinjije Mali ibitego bibiri mu mikino ibiri.

Meddie Kagere afite agahigo mu mikino ibiri u Rwanda rwahuyemo na Mali mu myaka umunani ishize

Icyo gihe ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2014, u Rwanda rwari mu itsinda rya munani (H) kumwe na Algeria, Mali na Benin. Algeria yayoboye iri tsinda n’amanota 15, Mali iba iya kabiri n’amanota umunani (8) yanganyaga na Benin mu gihe u Rwanda rwari ku mwanya wa nyuma (4) n’amanota abiri.

Muri urwo rugendo, bwa mbere mu mateka u Rwanda rukina na Mali, umukino ubanza wabereye i Kigali, Mali yatozwaga na Patrick Carteron itsinda Amavubi Stars ibitego 2-1 mu mukino wakinwe tariki 23 Werurwe 2013.

Ibitego bya Mali byatsinzwe na Mahamadou Samassa (50’) na Abdou Traore (55’) mu gihe igitego cy’u Rwanda cyanafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 37’ w’umukino.

Umukino wo kwishyura wakinwe tariki 9 Kamena 2013 wabereye muri Mali, amakipe yombi yanganyije igitego 1-1.

Ombolenga Fitina umwe mu bakinnyi bafite umwanya uhoraho mu Mavubi Stars ubwo yahinduraga umupira igihe u Rwanda rwakinaga na Cameron i Kigali mu 2019

Igitego cy’u Rwanda cyafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 32’ akoresheje umutwe, igitego kishyuwe na Mahamadou N’diaye ku munota wa 77’ nawe akoresheje umutwe.

Kuri uyu wa gatatu rero nibwo ibihugu byombi byongera guhura nyuma y’imyaka umunani (2013-2021) mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Ku ruhande rw’u Rwanda, abakinnyi bose uko ari 24 bameze neza nk’uko amakuru ava i Agadiri abihamya kuko ari naho umukino uzabera bitandukanye n’uko wari kubera i Bamako bitewe n’uko igihugu cya Mali kitari cyujuje ibyangombwa byatuma yakira uyu mukino.

Yannick Mukunzi umwe mu bagomba kuba bayoboye umukino hagati mu kibuga

Nyuma y’imyitozo yakorewe i Agadiri ku mugoroba w’uyu wa mbere, abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga bagaragaye mu gihe ntacyaba gihindutse ni’; Emery Mvuyekure (GK), Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon, Yannick Mukunzi, Bizimana Djihad na Haruna Niyonzima, Byiringiro Lague, Kagere Meddie na Jacques Tuyisenge.

Haruna Niyonzima afite amahirwe menshi yo kubanza mu kibuga

U Rwanda nirusoza uyu mukino ruzahita rukurikizaho umukino ruzakina na Kenya tariki ya 5 Nzeri 2021 mbere yo kuzakina na Uganda. Ibi bihugu byose biri mu itsinda rya gatanu (E) muri uru rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Next Post

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.