Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

radiotv10by radiotv10
01/09/2021
in SIPORO
0
Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’uyu wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 guhera saa tatu ku masaha y’i Kigali (21h00’) biraba ari saa mbiri z’umugoroba ku masaha y’i Agadir muri Morocco, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi Stars) aracakirana na Mali mu mukino w’umunsi wa mbere mu itsinda rya gatanu )E) mu rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu kuva isi yaremwa kuko ibi bihugu byombi byahuye mu 2013 ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cya 2014 cyabereye muri Brazil.

Mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi, Mali yatsinze u Rwanda umukino umwe (2-1) undi barawunganya (1-1). Meddie Kagere yinjije Mali ibitego bibiri mu mikino ibiri.

Meddie Kagere afite agahigo mu mikino ibiri u Rwanda rwahuyemo na Mali mu myaka umunani ishize

Icyo gihe ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2014, u Rwanda rwari mu itsinda rya munani (H) kumwe na Algeria, Mali na Benin. Algeria yayoboye iri tsinda n’amanota 15, Mali iba iya kabiri n’amanota umunani (8) yanganyaga na Benin mu gihe u Rwanda rwari ku mwanya wa nyuma (4) n’amanota abiri.

Muri urwo rugendo, bwa mbere mu mateka u Rwanda rukina na Mali, umukino ubanza wabereye i Kigali, Mali yatozwaga na Patrick Carteron itsinda Amavubi Stars ibitego 2-1 mu mukino wakinwe tariki 23 Werurwe 2013.

Ibitego bya Mali byatsinzwe na Mahamadou Samassa (50’) na Abdou Traore (55’) mu gihe igitego cy’u Rwanda cyanafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 37’ w’umukino.

Umukino wo kwishyura wakinwe tariki 9 Kamena 2013 wabereye muri Mali, amakipe yombi yanganyije igitego 1-1.

Ombolenga Fitina umwe mu bakinnyi bafite umwanya uhoraho mu Mavubi Stars ubwo yahinduraga umupira igihe u Rwanda rwakinaga na Cameron i Kigali mu 2019

Igitego cy’u Rwanda cyafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 32’ akoresheje umutwe, igitego kishyuwe na Mahamadou N’diaye ku munota wa 77’ nawe akoresheje umutwe.

Kuri uyu wa gatatu rero nibwo ibihugu byombi byongera guhura nyuma y’imyaka umunani (2013-2021) mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Ku ruhande rw’u Rwanda, abakinnyi bose uko ari 24 bameze neza nk’uko amakuru ava i Agadiri abihamya kuko ari naho umukino uzabera bitandukanye n’uko wari kubera i Bamako bitewe n’uko igihugu cya Mali kitari cyujuje ibyangombwa byatuma yakira uyu mukino.

Yannick Mukunzi umwe mu bagomba kuba bayoboye umukino hagati mu kibuga

Nyuma y’imyitozo yakorewe i Agadiri ku mugoroba w’uyu wa mbere, abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga bagaragaye mu gihe ntacyaba gihindutse ni’; Emery Mvuyekure (GK), Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon, Yannick Mukunzi, Bizimana Djihad na Haruna Niyonzima, Byiringiro Lague, Kagere Meddie na Jacques Tuyisenge.

Haruna Niyonzima afite amahirwe menshi yo kubanza mu kibuga

U Rwanda nirusoza uyu mukino ruzahita rukurikizaho umukino ruzakina na Kenya tariki ya 5 Nzeri 2021 mbere yo kuzakina na Uganda. Ibi bihugu byose biri mu itsinda rya gatanu (E) muri uru rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 12 =

Previous Post

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Next Post

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.