Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi mu myitozo bari gukora bitegura umukino ukomeye bazakina na Bénin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ababwira ko bari ku gitutu cyo gutsinda uyu mukino, bityo ko bagomba kubigeraho.

Mu butumwa yagejeje ku bakinnyi n’abatoza bari mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino uri kuri uyu wa Gatanu, Shema yabibukije ko akunda gutsinda kandi ko bafite igitutu, abasaba gushyiramo imbaraga kugira ngo bazaheshe ishema igihugu.

Yagize ati “Dufite igitutu cyo gutsinda, yaba mwe mujya mu kibuga ndetse natwe turi hanze. Bivuze ko impamvu yo gutsinda turayifite kandi iyi nsinzi ni ingenzi kuri twe. Sindi umutoza, ariko nkunda gutsinda bivuze ko nakora icyo ari cyo cyose ngo dutsinde kandi ababikora ni mwe.”

Perezida Shema yakomeje avuga ko gutsinda uyu mukino ari ngombwa, atari ku nyungu z’abayobozi gusa ahubwo no ku ishusho y’Igihugu muri rusange.

Ati “Ndashaka kongera kubabwira ko ari ingenzi cyane gutsinda uyu mukino, si ku bwacu gusa nk’abayobozi, ahubwo no ku ishusho y’Igihugu. Hari igihe numva abanyamakuru bavuga bati ‘tuzagera gute mu gikombe cy’Isi?’ Oya, ntitwibande ku bandi, turebe twe ubwacu. Reka dutsinde, kandi tuzatsinde n’umukino ukurikiraho. Ariko uwo ku wa Gatanu ni ingenzi cyane kuri twe. Sitade yose izaba ireba, Igihugu cyose kizaba gihari. Reka tubaheshe ishema.”

Yongeraho ko nubwo adashobora gutoza cyangwa gukina, azakora ibishoboka byose kugira ngo ikipe ibe mu bihe byiza.

Ati “Nubwo ntashobora gutoza, ntashobora gukina, ariko nshobora gukora uko nshoboye ngo mbashyire mu bihe byiza. Koko ntituzi ibizaba, ariko njye ndota rimwe na rimwe ko tuzagera mu gikombe cy’Isi. Twibande ku mukino wo kuwa Gatanu, tuwutsinde dukore amateka mashya.”

Amavubi aheruka guhura na Bénin muri Werurwe 2024 mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025, icyo gihe u Rwanda rwatsinze 2-1 kuri Sitade Amahoro, ibitego byatsinzwe na Nshuti Innocent na Bizimana Djihad.

Shema yasabye abakinnyi kuzakora iyo bwabaga
Kapiteni Bizimana Djihad na we yizeje ko we na bagenzi be bazaha ibyishimo Abanyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Next Post

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

by radiotv10
09/10/2025
0

Ikipe y'igihugu ya Benin ifite ihurizo rikomeye ry'uko ishobora kubura bamwe mu bakinnyi b'ingenzi ku mukino ugiye kuyihuza n'Amavubi y'u...

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

by radiotv10
08/10/2025
0

Shema Ngoga Fabrice umaze ukwezi n’igice atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), na Martin Ngoga wabaye mu nzego...

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

by radiotv10
07/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko abazitabira umukino uzahuza ikipe y’Igihugu Amavubi n’iya Benin, bazagira amahirwe ya tombola...

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

by radiotv10
07/10/2025
0

Rutahizamu Joy Lance Mickels usanzwe akinira Sabah FC yo muri Azerbaijan, wari wahamagawe bwa mbere mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje...

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Wasili na Jangwani, amazina azwi mu kuryoshya ruhago Nyarwanda, dore ko aba bombi ari abavugizi b’abakunzi b’amakipe y’amacyeba akomeye mu...

IZIHERUKA

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga
IBYAMAMARE

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

by radiotv10
09/10/2025
0

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

09/10/2025
Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

09/10/2025
Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

09/10/2025
Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

09/10/2025
Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

09/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.