Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria, Ani Elijah uri mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Rwanda irangiye, ni umwe mu bakinnyi bitabiriye umwiherero w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, nyuma y’iminsi bivugwa ko hari kuba ibiganiro byo kuba yakinira u Rwanda.

Ni umwiherero wo kwitegura imikino ibiri ikipe y’u Rwanda ifite; uwa Benin ndetse n’uwa Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ani Elijah ni umwe mu bitabiriye uyu mwiherero watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, aho yaje atunguranye kuko atari ari ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’umutoza.

Uyu rutahizamu usanzwe ari umukinnyi wa Bugesera FC, ni umwe mu bahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2023-2024, dore ko yawubonyemo ibitego 15 ari na wo mwaka we wa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda.

Byari bimaze iminsi bivugwa ko hari kuba ibiganiro byo kuba uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko yakinira ikipe y’Igihugu, muri gahunda yatangiye yo kongera kuzanamo abakinnyi b’abanyamahanga.

Kubera uburyo uyu rutahizamu yitwaye muri uyu mwaka w’imikino wa 2023/24, ari kwifuzwa n’amakipe atandukanye asanzwe akomeye mu Rwanda, arimo APR FC iherutse kwegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.

Ani Elijah ubwo yitabiraga umwiherero kuri uyu wa Mbere

Olivier Mugabo Nizeyimana wabaye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), muri Nzeri 2022, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, yari yavuze ko hari gahunda yo kwinjiza abanyamahanga mu ikipe y’Igihugu.

Icyo gihe, Olivier yari yavuze ko mu kugarura abo banyamahanga mu ikipe y’Igihugu, hazazanwa abakinnyi bacye bigaragara ko bagira icyo bayifasha.

Icyo gihe yari yagize ati “Ntabwo nanone twafata ikipe y’Igihugu ngo tuyuzuzemo abantu bakomoka mu mahanga gusa ngo ikinyarwanda kibure, oya, ariko babiri cyangwa batatu bafasha bigaragara, abo dutekereza babiri cyangwa batatu dufatanyije n’ubuyobozi bwa Minisiteri hari ibyo turimo dukoraho, rimwe muzumva byabaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seven =

Previous Post

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Next Post

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe 'Coup d’Etat' bigateza impagarara kuri bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.