Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhungu w’imyaka 14 wishe arashe abanyeshuri bagenzi be babiri n’abarimu babiri ku ishuri ryo muri USA, agahita atabwa muri yombi, biravugwa ko n’umwaka ushize yari yafungiwe kugira umugambi nk’uyu wo kurasa abantu ku ishuri.

Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabereye ku ishuri ryo muri leta Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho uyu muhungu witwa Colt Gray yigaga.

Uyu muhungu w’imyaka 14 ukekwaho kwica bagenzi be yahise, atabwa muri yombi iki gikorwa kikimara kuba, nk’uko inzego z’iperereza zabitangaje.

Amakuru avuga ko atari ubwa mbere atawe muri yombi kuko n’umwaka ushize wa 2023 yafashwe akwekwaho kugira umugambi wo kurasa kuri iri shuri.

Kugeza ubu iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane icyaba cyateye uyu muhungu kurasa muri bagenzi be, akivuganamo bane barimo abanyeshuri babiri n’abarimu babiri, agakomeretsa abandi icyenda.

Chris Hosey, Umuyobozi w’Ibiro by’Ubugenzacyaha muri Georgia, yatangaje ko uyu muhungu w’imyaka 14 agomba kuzajyanywa mu nkiko ndetse akaburanishwa nk’umuntu mukuru kuri ibi byaha akekwaho kuba yakoze.

Si ubwambere ibikorwa nk’ibi byumvikanye mu bigo by’amashuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amarica, icyakora Perezida w’iki Gihugu, Joe Biden yavuze ko ubutegetsi bwe buzakomeza gukora ibishoboka kugira ngo ibikorwa nk’ibi bicike, nkuko bikubiye mu itangazo ryaturutse mu biro bye White House ryihanganisha abakomeretse n’ababuriye ababo muri iri raswa.

Inzego z’ubuyobozi muri Leta Georgia zatangaje ko abishwe ari abanyeshuri babiri b’imyaka 14, ndetse n’abarimu babiri, mu gihe abandi icyenda bakomeretse bose bajyanywe mu bitaro aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Related Posts

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

by radiotv10
05/11/2025
0

Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi. Kuri...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.