Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha DRC na Uganda

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha DRC na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zatanze miliyoni 13 USD yo gufasha ibihugu byagaragayemo icyorezo cya Ebola, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, mu rwego rwo guhangana na cyo.

Iyi nkunga yatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko “Iri guhuza ibikorwa mu guhangana n’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda.”

America ivuga ko kandi iri gukora ibishoboka kugira ngo iki cyorezo kitagera muri iki Gihugu mu rwego rwo kurinda Abanyamerika bari mu Gihugu cyabo kimwe n’abandi hanze.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya America yatangaje ko ubwo hemezwaga icyorezo cya Ebola muri DRC, iki Gihugu cyashyizeho uburyo bwo gukurikirana no iby’iki cyorezo muri za Amasade zo mu Bihugu byo mu Karere, iza DRC, u Rwanda, Sudan y’Epfo, n’iyo muri Uganda, ndetse zashyizeho itsinda rihuriweho ryo gukurikirana iby’iki cyorezo no gutanga amakuru ku Banyamerika bari muri aka karere.

Iyi Minisiteri ivuga kandi ko iri gukorana bya hafi n’Ikigo gishinzwe kurwanya indwara (CDC) mu gutanga itegeko ryo ku wa 18 Gicurasi 2026 ribuza ingendo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku banyamahanga basuye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda, na Sudani y’Epfo mu minsi 21 ishize.

America kandi ivuga ko “mu masaha 48 Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangije gahunda inatanga miliyoni 13 $ z’ibanze nk’inkunga y’imbaraga zihuse zo guhangana n’icyorezo.”

Iyi nkunga izifashishwa n’Ibihugu mu bikorwa bigamije guhangana n’iki cyorezo, yaba mu gukora ikurikirana, kwifashisha mu gukora ibizamini byo muri laboratwari, ndetse no gutanga amatangazo y’umuburo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Related Posts

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

by radiotv10
19/05/2026
0

Guverinoma ya Togo yatangaje ko iki Gihugu cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose bafite Pasiporo yemewe y’Ibihugu byabo, imenyesha ko abazajya...

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

by radiotv10
18/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero mu bice binyuranye, birimo icyagabwe n’umutwe wa FDLR ukica umusaza w’imyaka...

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

by radiotv10
18/05/2026
0

Ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe iperereza, ryafatiriye imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce igura ibihumbi 600 USD (miliyoni 800...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

by radiotv10
18/05/2026
0

Abanyakenya baramukiye mu myigaragambyo mu mihanda imwe n’imwe i Nairobi bamagana itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yatumye urujya n’uruza n’ubucuruzi...

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

by radiotv10
18/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika, bwemeje ko iki gisirikare gifatanyije n'icya Nigeria bagabye ikindi gitero ku mutwe w’Iterabwoba wiyita...

IZIHERUKA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha DRC na Uganda
AMAHANGA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha DRC na Uganda

by radiotv10
19/05/2026
0

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

19/05/2026
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

19/05/2026
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

18/05/2026
Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha DRC na Uganda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.