Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe iperereza, ryafatiriye imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce igura ibihumbi 600 USD (miliyoni 800 Frw) ya Anitah Among urangije manda ye ya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, uri gukorwaho iperereza ku byaha byo kwigwizaho imitungo.

Ifatirwa ry’iyi modoka ifite pulake ya UA 426 EH, ryabayeho mu gihe Anitah Among ari gukorwaho iperereza ku byaha byo kutabasha gusobanura inkomoko y’umutungo afite.

Iyi modoka yafatiriwe nyuma y’isaka ryabaye ku rugo rwa Anitah Among ruherereye mu gace ka Bukedea, ryakozwe ku bufatanye bw’inzego zirimo ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe Iperereza (CID) ndetse n’Igisirikare cy’iki Gihugu (UPDF), kimwe n’izindi nzego zishinzwe ubutasi.

Isakwa ry’urugo rw’uyu munyapolitiki ryamaze amasaha 16 ryatahuye iyi modoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce Cullinan yakozwe mu mwaka wa 2025 ifite agaciro ka Miliyari 3,4 z’amashilingi ya Uganda (600 000USD).

Iyi modoka yatumijwe mu izina ry’Umuryango w’uyu Munyapolitiki uzwi nka Anita Foundation, yafatririwe nyuma yo kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga. Ni mu gihe Among we avuga ko ari impano yihaye ku isabukuru ye y’amavuko, kandi ko amafaranga yayiguze yavuye mu bucuruzi bwe bwite.

Uyu munyapolitiki kandi ni umwe muri batatu bo muri Uganda bafatiwe ibihano n’u Bwongereza muri 2024 kubera gushinjwa ibyaha bya ruswa, birimo ibyo kwimwa uburenganzira bwo kujya muri kiriya Gihugu ndetse no gufatira imitungo yabo.

Anitah Among ukomeje gukorwaho iperereza muri Uganda, yanatangaje ko ataziyamamariza gushaka indi manda yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko ya kiriya Gihugu.

Photos/Nile Post

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eighteen =

Previous Post

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Related Posts

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

by radiotv10
18/05/2026
0

Abanyakenya baramukiye mu myigaragambyo mu mihanda imwe n’imwe i Nairobi bamagana itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yatumye urujya n’uruza n’ubucuruzi...

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

by radiotv10
18/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika, bwemeje ko iki gisirikare gifatanyije n'icya Nigeria bagabye ikindi gitero ku mutwe w’Iterabwoba wiyita...

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

by radiotv10
18/05/2026
0

Icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kimaze guhitana...

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
16/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko we na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, bemeranyije ko...

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

by radiotv10
15/05/2026
0

Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo muri Afurika (Africa CDC) cyemeje ko icyorezo cya Ebola cyubuye umutwe mu Ntara ya...

IZIHERUKA

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza
AMAHANGA

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

by radiotv10
18/05/2026
0

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

18/05/2026
Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

18/05/2026
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

18/05/2026
Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

18/05/2026
Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.