Ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe iperereza, ryafatiriye imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce igura ibihumbi 600 USD (miliyoni 800 Frw) ya Anitah Among urangije manda ye ya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, uri gukorwaho iperereza ku byaha byo kwigwizaho imitungo.
Ifatirwa ry’iyi modoka ifite pulake ya UA 426 EH, ryabayeho mu gihe Anitah Among ari gukorwaho iperereza ku byaha byo kutabasha gusobanura inkomoko y’umutungo afite.
Iyi modoka yafatiriwe nyuma y’isaka ryabaye ku rugo rwa Anitah Among ruherereye mu gace ka Bukedea, ryakozwe ku bufatanye bw’inzego zirimo ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe Iperereza (CID) ndetse n’Igisirikare cy’iki Gihugu (UPDF), kimwe n’izindi nzego zishinzwe ubutasi.
Isakwa ry’urugo rw’uyu munyapolitiki ryamaze amasaha 16 ryatahuye iyi modoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce Cullinan yakozwe mu mwaka wa 2025 ifite agaciro ka Miliyari 3,4 z’amashilingi ya Uganda (600 000USD).
Iyi modoka yatumijwe mu izina ry’Umuryango w’uyu Munyapolitiki uzwi nka Anita Foundation, yafatririwe nyuma yo kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga. Ni mu gihe Among we avuga ko ari impano yihaye ku isabukuru ye y’amavuko, kandi ko amafaranga yayiguze yavuye mu bucuruzi bwe bwite.
Uyu munyapolitiki kandi ni umwe muri batatu bo muri Uganda bafatiwe ibihano n’u Bwongereza muri 2024 kubera gushinjwa ibyaha bya ruswa, birimo ibyo kwimwa uburenganzira bwo kujya muri kiriya Gihugu ndetse no gufatira imitungo yabo.
Anitah Among ukomeje gukorwaho iperereza muri Uganda, yanatangaje ko ataziyamamariza gushaka indi manda yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko ya kiriya Gihugu.

Photos/Nile Post
RADIOTV10










