Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Amezi abiri yari yatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere y’Umukuru w’Igihugu ko ibibazo by’abamotari bizaba byarabonewe umuti, yarenzeho icyumweru, mu gihe bamwe mu bamotari bavuga ko ibi bibazo bigihari ku buryo ntawupfa kugura assurance atatse inguzanyo.

Tariki 25 Kanama 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ruhango, yagejejweho ikibazo n’umwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, wagarutse ku bibazo bibugarije ariko byumwihariko avuga ko ikibaremereye ari umusanzu w’ubwishingizi uremereye uruta uw’ibindi binyabiziga.

Icyo gihe uyu mumotari witwa Bizimana Pierre wagaragazaga amafaranga bacibwa menshi arimo ubwo bwishingizi, yagize ati “Tukishyura ipatante, umusoro ku nyungu, tukishyura ibintu byinshi cyane ku buryo utabasha no kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana ishuri.”

Yakomeje abwira Perezida Paul Kagame ati “Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.”

Perezida Paul Kagame wizeje aba bamotari ko na we agiye kwinjira muri iki kibazo, yasabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest kugira icyo akivugaho, amwizeza ko inzego zinyuranye zigifite mu nshingano zigiye kugikurikirana ku buryo mu mezi abiri kizaba cyabonewe umuti.

Gusa bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko bacyumva icyizere cy’ibyatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere ya Perezida, baraye akanyamuneza ari kose, ariko ko bakomeje gutegereza, none amezi abiri yari yatangajwe akaba yararenze ntakirakorwa.

Umwe wavuze ko moto akoresha yishyuzwa ubwishingizi bw’ibihumbi birenga 180 Frw, yavuze ko bari babizeje ko muri ayo mezi abiri, bagabanya imisanzu y’ubwishingizi. Ati “Icyifuzo cyacu ni uko assurance bayisubiza nkuko yaguraga nka mbere.”

Undi avuga ko kugira ngo umumotari abone umusanzu w’ubwishingizi (assurance) bikiri ihurizo rikomeye rikomereye benshi.

Ati “Kugira ngo ubone amafaranga yo kugura assurance, ni ikibazo, utagiye gufata inguzanyo ntabwo wagura assurance kandi kuyishyura na byo biba bikomeye.”

Uyu mumotari avuga ko bagitegereje igisubizo cy’Umukuru w’Igihugu kandi ko bizeye ko kizaza kibanyura kuko basanzwe bazi ko “imvugo ye ari yo ngiro”. Ati “Turategereje ntabwo tuzarambirwa.”

Aba bamotari bavuga ko nibura mu bibazo byari bibugarije harimo icyakemutse, cya mubazi na yo bakunze kugaragaza nk’iyaje kubanyunyuza imitsi.

Undi ati “Ariko assurance nta makuru tubifiteho. Turifuza ko ibya assurance na byo yabikemura nkuko yari yabivuze.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana ariko ntibyashoboka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana Jean says:
    3 years ago

    Ntabwo ari Abamotari gusa ahubwo na Moto zitari iz’Ubucuruzi nazo Ubwishingizi bwazo buri hejuru cyane.
    Bamwe bahisemo kuba bazibitse ,bagitegereje Igisubizo cy’abo bayobozi.
    Ubwo mwazakomeza kubakorera Ubuvugizi .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 19 =

Previous Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Next Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.