Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Amezi abiri yari yatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere y’Umukuru w’Igihugu ko ibibazo by’abamotari bizaba byarabonewe umuti, yarenzeho icyumweru, mu gihe bamwe mu bamotari bavuga ko ibi bibazo bigihari ku buryo ntawupfa kugura assurance atatse inguzanyo.

Tariki 25 Kanama 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ruhango, yagejejweho ikibazo n’umwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, wagarutse ku bibazo bibugarije ariko byumwihariko avuga ko ikibaremereye ari umusanzu w’ubwishingizi uremereye uruta uw’ibindi binyabiziga.

Icyo gihe uyu mumotari witwa Bizimana Pierre wagaragazaga amafaranga bacibwa menshi arimo ubwo bwishingizi, yagize ati “Tukishyura ipatante, umusoro ku nyungu, tukishyura ibintu byinshi cyane ku buryo utabasha no kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana ishuri.”

Yakomeje abwira Perezida Paul Kagame ati “Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.”

Perezida Paul Kagame wizeje aba bamotari ko na we agiye kwinjira muri iki kibazo, yasabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest kugira icyo akivugaho, amwizeza ko inzego zinyuranye zigifite mu nshingano zigiye kugikurikirana ku buryo mu mezi abiri kizaba cyabonewe umuti.

Gusa bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko bacyumva icyizere cy’ibyatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere ya Perezida, baraye akanyamuneza ari kose, ariko ko bakomeje gutegereza, none amezi abiri yari yatangajwe akaba yararenze ntakirakorwa.

Umwe wavuze ko moto akoresha yishyuzwa ubwishingizi bw’ibihumbi birenga 180 Frw, yavuze ko bari babizeje ko muri ayo mezi abiri, bagabanya imisanzu y’ubwishingizi. Ati “Icyifuzo cyacu ni uko assurance bayisubiza nkuko yaguraga nka mbere.”

Undi avuga ko kugira ngo umumotari abone umusanzu w’ubwishingizi (assurance) bikiri ihurizo rikomeye rikomereye benshi.

Ati “Kugira ngo ubone amafaranga yo kugura assurance, ni ikibazo, utagiye gufata inguzanyo ntabwo wagura assurance kandi kuyishyura na byo biba bikomeye.”

Uyu mumotari avuga ko bagitegereje igisubizo cy’Umukuru w’Igihugu kandi ko bizeye ko kizaza kibanyura kuko basanzwe bazi ko “imvugo ye ari yo ngiro”. Ati “Turategereje ntabwo tuzarambirwa.”

Aba bamotari bavuga ko nibura mu bibazo byari bibugarije harimo icyakemutse, cya mubazi na yo bakunze kugaragaza nk’iyaje kubanyunyuza imitsi.

Undi ati “Ariko assurance nta makuru tubifiteho. Turifuza ko ibya assurance na byo yabikemura nkuko yari yabivuze.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana ariko ntibyashoboka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana Jean says:
    3 years ago

    Ntabwo ari Abamotari gusa ahubwo na Moto zitari iz’Ubucuruzi nazo Ubwishingizi bwazo buri hejuru cyane.
    Bamwe bahisemo kuba bazibitse ,bagitegereje Igisubizo cy’abo bayobozi.
    Ubwo mwazakomeza kubakorera Ubuvugizi .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Next Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.