Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Amezi abiri yari yatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere y’Umukuru w’Igihugu ko ibibazo by’abamotari bizaba byarabonewe umuti, yarenzeho icyumweru, mu gihe bamwe mu bamotari bavuga ko ibi bibazo bigihari ku buryo ntawupfa kugura assurance atatse inguzanyo.

Tariki 25 Kanama 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ruhango, yagejejweho ikibazo n’umwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, wagarutse ku bibazo bibugarije ariko byumwihariko avuga ko ikibaremereye ari umusanzu w’ubwishingizi uremereye uruta uw’ibindi binyabiziga.

Icyo gihe uyu mumotari witwa Bizimana Pierre wagaragazaga amafaranga bacibwa menshi arimo ubwo bwishingizi, yagize ati “Tukishyura ipatante, umusoro ku nyungu, tukishyura ibintu byinshi cyane ku buryo utabasha no kuba wakwigurira umwenda cyangwa ngo urihirire umwana ishuri.”

Yakomeje abwira Perezida Paul Kagame ati “Turabasaba kugira ngo ikibazo cyacu mukigire icyanyu mukidukurikiranire.”

Perezida Paul Kagame wizeje aba bamotari ko na we agiye kwinjira muri iki kibazo, yasabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest kugira icyo akivugaho, amwizeza ko inzego zinyuranye zigifite mu nshingano zigiye kugikurikirana ku buryo mu mezi abiri kizaba cyabonewe umuti.

Gusa bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko bacyumva icyizere cy’ibyatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo imbere ya Perezida, baraye akanyamuneza ari kose, ariko ko bakomeje gutegereza, none amezi abiri yari yatangajwe akaba yararenze ntakirakorwa.

Umwe wavuze ko moto akoresha yishyuzwa ubwishingizi bw’ibihumbi birenga 180 Frw, yavuze ko bari babizeje ko muri ayo mezi abiri, bagabanya imisanzu y’ubwishingizi. Ati “Icyifuzo cyacu ni uko assurance bayisubiza nkuko yaguraga nka mbere.”

Undi avuga ko kugira ngo umumotari abone umusanzu w’ubwishingizi (assurance) bikiri ihurizo rikomeye rikomereye benshi.

Ati “Kugira ngo ubone amafaranga yo kugura assurance, ni ikibazo, utagiye gufata inguzanyo ntabwo wagura assurance kandi kuyishyura na byo biba bikomeye.”

Uyu mumotari avuga ko bagitegereje igisubizo cy’Umukuru w’Igihugu kandi ko bizeye ko kizaza kibanyura kuko basanzwe bazi ko “imvugo ye ari yo ngiro”. Ati “Turategereje ntabwo tuzarambirwa.”

Aba bamotari bavuga ko nibura mu bibazo byari bibugarije harimo icyakemutse, cya mubazi na yo bakunze kugaragaza nk’iyaje kubanyunyuza imitsi.

Undi ati “Ariko assurance nta makuru tubifiteho. Turifuza ko ibya assurance na byo yabikemura nkuko yari yabivuze.”

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana ariko ntibyashoboka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana Jean says:
    3 years ago

    Ntabwo ari Abamotari gusa ahubwo na Moto zitari iz’Ubucuruzi nazo Ubwishingizi bwazo buri hejuru cyane.
    Bamwe bahisemo kuba bazibitse ,bagitegereje Igisubizo cy’abo bayobozi.
    Ubwo mwazakomeza kubakorera Ubuvugizi .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Next Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.