Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago yashyize hanze andi mafoto y’umugabo wamamaye nka ‘Inyogoye’ uherutse gukora ubukwe bw’akataraboneka.

Habiyaremye Jean Pierre wamamaye nka Inyogoye, yakoze ubukwe mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yasabaga akanakwa umugore we basanzwe bafitanye umwana umwe.

Byari ibicika ku mbuga nkoranyambaga za benshi bashyizeho amafoto n’amashusho y’uyu mugabo uzwiho gutera urwenya rwinshi kuri YouTube, yamugaragazaga yakoze ubukwe bw’agatangaza bwanaririmbyemo umuhanzi Social Mula.

Benshi mu bashyizeho ayo mafoto n’amashusho, banyuzagamo bakanashimira Umunyamakuru Yago watumye uyu mugabo Inyogoye ye amenyekana, ndetse bikaba bivugwa ko ari we wagize uruhare muri ubu bukwe yakoze.

  • Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”
  • Inyogoye yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye

Yago wafashe amashusho y’ubu bukwe bwabereye ku kiyaga cya Kivu, akanayashyira kuri YouTube channel ye, amaze iminsi anashyira amafoto n’uduce tw’amashusho byafatiwe muri ubu bukwe.

Ubu yashyizeho amafoto yo mu birori byo gusaba no gukwa, agaragaza Inyogoye n’umugore we bari mu byishimo bidasanzwe bananyuzamo bagasomana umunwa ku wundi.

Aya mafoto aherekejwe n’ubutumwa bwa Yago bugira buti “Andi mafoto meza.”

Inyogoye wasabye akanakwa ndetse akanasezerana mu idini mu mpera z’icyumweru gishize, hari hashize ukwezi kumwe anasezeranye mu mategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

Banki ifite amateka akomeye mu Rwanda igiye guhindura izina

Next Post

Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

Urayeneza Gerard wari wakatiwe burundu yagizwe umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.