Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
7
Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2
Share on FacebookShare on Twitter

Ibimaze iminsi bivugwa ku itandukana ry’umuhanzi Platini P n’umugore we Olivia bamaranye imyaka ibiri basezeranye kubana, hari amakuru mashya yavuzweho arimo arebana n’umwana byavugwaga ko ari imfura yabo, bivugwa ko byagaragaye ko atari uw’uyu muhanzi.

Nemeye Platini uzwi nka Platini P na Ingabie Olivia bakoze ubukwe muri Werurwe 2021. Bivuze ko imyaka ibiri yuzuye babana nk’umugore n’umgabo.

Gusa ibyari urukundo n’urugo, ubu bisa nk’ibiri ku iherezo, kuko hari amakuru avugwa ko bari gutandukana ndetse n’uyu muhanzi yamaze gusiga umugore we.

Ikinyamakuru Inyarwanda kivuga ko ibi bibazo byavutse ubwo hari umusore wahamagaye Platini kuri telefone akamubwira ko umwana akeka ko ari uwe atari uwe ahubwo ko ari uw’uwo musore.

Uyu muhanzi yatangiye kugira amakenga, nyuma yuko uwo musore abimubwiye inshuro ebyiri, akamusaba no kwigenzurira ibyo yari amaze kumubwira, agisha inama umwe mu nshuti ze, wamusabye gukoresha ibizamini bya gihanga bya DNA kugira ngo bamenye ukuri kw’ibyo yabwirwaga n’uwo musore.

Platini yaje gufata icyemezo cyo kujyana uwo mwana mu ibanga atabimenyesheje umugore we, ndetse bajyana n’uwo musore babanje guhura bakaganira, akamwibira ibanga ko mbere yo kugira ngo Olivia ashakane na Platini yabanje kumubwira ko yamuteye inda.

Uwo musore yamubwije ukuri kose ngo amubwira ko mbere yuko Olivia ashakana na Platini, baryamanaga bombi [uwo musore na Platini].

Nyuma y’icyo kiganiro, Platini n’uwo musore bahise bajya mu Bitaro gukoresha ibizamini bya DNA, bigaragaza ko uwo mwana ari uwa Platini, ahubwo ari uw’uwo musore, bitera agahinda Platini wari usanzwe akunda urudasanzwe umugore we ndetse n’umwana yari azi ko ari uwe.

Iyo nshuti ya Platini bari bajyanye, yaramwihanganishije, amusaba kwirinda guhita abibwira umugore we, ndetse aramwumvira, agerageza kubaho nk’utarabimenya.

Platini wari ufite ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za America, agenda afite ibanga abitse, ubwo yari ariyo nibwo umugore we yaje kubimenya nyuma yo guhamagarwa n’umukoze wo mu bitaro byakorewemo biriya bizamini bya DNA, akamubwira ko yigeze kubona umugabo we n’umwana wabo baje gukoresha ibyo bizamini, ari nabwo Olivia yamenye ko ibye byavumbuwe.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Comments 7

  1. Celestin says:
    2 years ago

    Ntakundi nyine ibyago bigwira abagabo imbwa twigaramiye

    Reply
  2. Elisa Edouard says:
    2 years ago

    Ntamugabo udahomberwa nogitekerezo niyihangane cyane rwose

    Reply
    • Kayitesi says:
      2 years ago

      Uwo mukozi wo mu Bitaro nawe Nta Deontologie afite atangaza Amabanga,yabaganye nawe bazamuhane sibyo peee Ndamugaye

      Reply
  3. !!!!! says:
    2 years ago

    !!!!!!!!!!!

    Reply
  4. Theogene UWIMANA says:
    2 years ago

    Mphaaaa, let me recheck my child please!

    Reply
  5. Nshimiyimana Benjamin says:
    2 years ago

    Niyihangane abagore biyimins ndabona kubashaka arukwiyongerera ibibazo

    Reply
  6. Baba says:
    2 years ago

    Ntakundi, ibyago bigwira abagabo, ukuri kwabaye cyane mubantu, gutandukana nibyo kuko ntacyozere cyaboneka hagati yabo kandi kubana mutizeranye havamo ibyago byinshi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi

Next Post

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Related Posts

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.