Thursday, April 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
7
Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2
Share on FacebookShare on Twitter

Ibimaze iminsi bivugwa ku itandukana ry’umuhanzi Platini P n’umugore we Olivia bamaranye imyaka ibiri basezeranye kubana, hari amakuru mashya yavuzweho arimo arebana n’umwana byavugwaga ko ari imfura yabo, bivugwa ko byagaragaye ko atari uw’uyu muhanzi.

Nemeye Platini uzwi nka Platini P na Ingabie Olivia bakoze ubukwe muri Werurwe 2021. Bivuze ko imyaka ibiri yuzuye babana nk’umugore n’umgabo.

Gusa ibyari urukundo n’urugo, ubu bisa nk’ibiri ku iherezo, kuko hari amakuru avugwa ko bari gutandukana ndetse n’uyu muhanzi yamaze gusiga umugore we.

Ikinyamakuru Inyarwanda kivuga ko ibi bibazo byavutse ubwo hari umusore wahamagaye Platini kuri telefone akamubwira ko umwana akeka ko ari uwe atari uwe ahubwo ko ari uw’uwo musore.

Uyu muhanzi yatangiye kugira amakenga, nyuma yuko uwo musore abimubwiye inshuro ebyiri, akamusaba no kwigenzurira ibyo yari amaze kumubwira, agisha inama umwe mu nshuti ze, wamusabye gukoresha ibizamini bya gihanga bya DNA kugira ngo bamenye ukuri kw’ibyo yabwirwaga n’uwo musore.

Platini yaje gufata icyemezo cyo kujyana uwo mwana mu ibanga atabimenyesheje umugore we, ndetse bajyana n’uwo musore babanje guhura bakaganira, akamwibira ibanga ko mbere yo kugira ngo Olivia ashakane na Platini yabanje kumubwira ko yamuteye inda.

Uwo musore yamubwije ukuri kose ngo amubwira ko mbere yuko Olivia ashakana na Platini, baryamanaga bombi [uwo musore na Platini].

Nyuma y’icyo kiganiro, Platini n’uwo musore bahise bajya mu Bitaro gukoresha ibizamini bya DNA, bigaragaza ko uwo mwana ari uwa Platini, ahubwo ari uw’uwo musore, bitera agahinda Platini wari usanzwe akunda urudasanzwe umugore we ndetse n’umwana yari azi ko ari uwe.

Iyo nshuti ya Platini bari bajyanye, yaramwihanganishije, amusaba kwirinda guhita abibwira umugore we, ndetse aramwumvira, agerageza kubaho nk’utarabimenya.

Platini wari ufite ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za America, agenda afite ibanga abitse, ubwo yari ariyo nibwo umugore we yaje kubimenya nyuma yo guhamagarwa n’umukoze wo mu bitaro byakorewemo biriya bizamini bya DNA, akamubwira ko yigeze kubona umugabo we n’umwana wabo baje gukoresha ibyo bizamini, ari nabwo Olivia yamenye ko ibye byavumbuwe.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Comments 7

  1. Celestin says:
    3 years ago

    Ntakundi nyine ibyago bigwira abagabo imbwa twigaramiye

    Reply
  2. Elisa Edouard says:
    3 years ago

    Ntamugabo udahomberwa nogitekerezo niyihangane cyane rwose

    Reply
    • Kayitesi says:
      3 years ago

      Uwo mukozi wo mu Bitaro nawe Nta Deontologie afite atangaza Amabanga,yabaganye nawe bazamuhane sibyo peee Ndamugaye

      Reply
  3. !!!!! says:
    3 years ago

    !!!!!!!!!!!

    Reply
  4. Theogene UWIMANA says:
    3 years ago

    Mphaaaa, let me recheck my child please!

    Reply
  5. Nshimiyimana Benjamin says:
    3 years ago

    Niyihangane abagore biyimins ndabona kubashaka arukwiyongerera ibibazo

    Reply
  6. Baba says:
    3 years ago

    Ntakundi, ibyago bigwira abagabo, ukuri kwabaye cyane mubantu, gutandukana nibyo kuko ntacyozere cyaboneka hagati yabo kandi kubana mutizeranye havamo ibyago byinshi.

    Reply

Leave a Reply to !!!!! Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi

Next Post

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Related Posts

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

by radiotv10
29/04/2026
0

Umunyamakuru Mulindwa Augustine wari umaze imyaka 23 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, na mugenzi we Cyubahiro Bonaventure, basezeye iki...

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

by radiotv10
29/04/2026
0

Umuhanzi Meddy yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwana we w’ubuheta, yagize isabukuru y’umwaka umwe, avuba ko ntacyo Imana itamukoreye, bityo...

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

by radiotv10
28/04/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene, yateguje ko agiye kugaragara muri filimi y’uruhererekane azakinanamo na Inkindi Aisha usanzwe amenyerewe...

Hagaragaye ikimenyetso gishimangira inkuru y’urukundo hagati y’umukinnyikazi wa filimi nyarwanda n’umunyemari w’Umunya-Tanzania

Hagaragaye ikimenyetso gishimangira inkuru y’urukundo hagati y’umukinnyikazi wa filimi nyarwanda n’umunyemari w’Umunya-Tanzania

by radiotv10
28/04/2026
0

Nyuma y’iminsi havugwa amakuru ko umukinnyi wa filimi Alliah Cool yaba ari mu rukundo n’umuherwe w'Umunya-Tanzania Lugumi Saidi, uyu munyemari...

Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

by radiotv10
27/04/2026
0

Umuhanzi w’umuraperi Ishimwe Semana Kevin uzwi nka Ish Kevin yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto ari kumwe n’umubyeyi we, amushimira...

IZIHERUKA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

29/04/2026
Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

29/04/2026
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

29/04/2026
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

29/04/2026
Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

Perezida Nguesso umaze igihe gito arahiriye gukomeza kuyobora Congo yakiriwe na Putin mu Burusiya

29/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.