• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ uherutse gufungurwa nyuma yo guhamywa icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagaragaje we n’umugabo we batembereye, amwifuriza kugaruka neza.

Ni ubutumwa uyu muririmbyikazi w’indirimbo z’Imana yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekeje ifoto ye ari kumwe n’umugabo we Bishop Gafaranga bari mu bwato bwa gakondo mu kiyaga.

Mu butumwa buherekeje iyi foto, Annette Murava yagize ati “Imana iri muri aya mateka!!! Urakaza neza rukundo [ashyiraho akarangabyiyumviro k’umutima] Bishop Gafaranga.”

Annette Murava na Bishop Gafaranga

Bishop Gafaranga yujuje ibyumweru bibiri afunguwe, nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rumufatiye icyemezo cyasomwe tariki 10 Ukwakira 2025.

Uru Rukiko rwahamije Bishop Gafaranga icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, rwamukatiye igifungo cy’umwaka umwe usubitse, ari na bwo yahitaga arekurwa, agataha agasanga umugore we.

Mu maburanisha anyunye, Annette Murava, umugore wa Gafaranga, yakunze kuyitabira agamije gushinjura umugabo we, ariko Urukiko rukamwima umwanya kuko ikirego cyari cyaramaze kugera aho kigomba kuburanwa n’Ubushinjacyaha.

Mu kiganiro yakoze muri Kamena uyu mwaka nyuma yuko umugabo we yari amaze igihe gito afunzwe, Annette Murava, yavuze ko ibyariho bivugwa icyo gihe ko umugabo we yari afungiye kumukubita no kumuhoza ku nkeke, ngo we ntakibazo bafitanye, ndetse muri icyo kiganiro asezeranya abantu ko igihe Gafaranga azaba yarafunguwe bazakora ikiganiro bicaranye bakavuga ukuri kwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 20 =

Previous Post

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Next Post

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.