Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’iki cyumweru, haramenyekana ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka w’imikino wa 2022-2023, kiri hagati y’amakipe atatu arimo iy’Ingabo z’u Rwanda, Kiyovu Sports na Rayon Sports ifite amahirwe macye. Aho biteganyijwe ko aho aya makipe yose azakinira hazaba herecyejweyo igikome.

Ni mu mikino isoza Shampiyona y’u Rwanda izaba muri iyi weekend tugiye kwinjiramo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 ndetse no ku Cyumweru tariki 28 Gicurasi 2023.

Ni urugamba rugeze mu mahina, aho amakipe atatu yose agifite amahirwe kuri iki gikombe, arimo iya mbere y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inayoboye urutonde ikaba inganya amanota na Kiyovu ariko ikayirusha ibitego izigamye.

Umunyamabanga Mukuru w’agateganyo w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Jules Karangwa, yabwiye RADIOTV10 ko sitade zizakira imikino y’aya makipe yose uko ari atatu, zizaba zajyanyweho ibikombe, kugira ngo imikino nirangira, izaba yacyegukanye izahite igishyikirizwa.

APR FC izakinira kuri Kigali Pele Stadium, naho Kiyovu Sports yakirire umukino wayo wa nyuma kuri Sitade ya Muhanga, mu gihe Rayon Sports izaba yerecyeje i Nyagatare.

Ni imikino yose izabera igihe kimwe kuko bazakina ku Cyumweru tariki 28 Gicurasi saa cyenda z’amanywa.

Uko urugamba rukomeye mu bahatanira igikombe cya shampiyona ni nako bimeze mu barwana no kutamanuka kuko kugeza ubu hataramenyekana ikipe izaherekeza Espoir FC mu cyiciro cya kabiri.

Kugeza ubu habarwa mu makipe ane, arimo iya Marine FC, Rwamagana FC, Rutsiro FC ndetse na Bugesera FC, zose zirwana no kutamanuka, bikazaterwa n’uko zizitwara muri iyi mikino y’umunsi wa nyuma.

APR ifite amahirwe menshi
Kiyovu iyigwa mu ntege
Rayon na yo birashoboka ariko bikubiye gacye

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Next Post

Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

Related Posts

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Komisiyo ishinzwe Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’itsinda ry’abo bari kumwe...

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/08/2025
0

Nyuma yo gutandukana na Etincelles FC yari yatangiyemo akazi, umutoza Innocent Seninga ku nshuro ya kabiri yerekeje muri Djibouti asinyira...

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

Banki ya Kigali ikomeje kuramburira amaboko abakiliya ubu yageze i Nyamata mu nyubako igezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.