Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR yanganyije na RS Berkana y’abakinny 10

radiotv10by radiotv10
28/11/2021
in SIPORO, Uncategorized
0
APR yanganyije na RS Berkana y’abakinny 10
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri iki cyumweru nibwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu “APR FC”  yanganyije na RS Berkana yo muri Maroco 0-0, umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo w’irushanwa rya CAF Confederation Cup.

                                APR yanganyije na RS Berkana y’abakinny 10

APR FC  yari yakiriye RS Berkane mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup bahatanira kujya mu matsinda.

Uyu mukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo, iminota ya mbere yaranzwe no kwigana ku mpande zombi.

Umupira wakinirwaga hagati mu kibuga cyane amakipe ashaka uburyo agera imbere y’izamu ariko nta mahirwe menshi yigeze aboneka mu gice cya mbere.

Amahirwe akomeye APR FC yabonye ni ayo ku munota wa 41, ni ku mupira Djabel yacomekeye Bizimana Yannick yisanga wenyine mu rubuga rw’amahina ariko yatera mu izamu unyura hanze yaryo.

RS Berkane niyo yabonye amahirwe menshi muri iki gice cya mbere ariko abakinnyi barimo Kisinda Tuisila ntibabasha kubyaza umusaruro amahirwe babonye.

Ku munota wa 38, Lague yinjiye mu kibuga asimbura Kwitonda Alain Bacca wagize ikibazo cy’imvune. Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

Ku munota wa 60 APR FC yakoze impinduka 2, Yannick Bizimana na Mugisha Gilbert bavamo hajyamo Mugunga Yves na Ishimwe Anicet, ku munota wa 80, Nsanzimfura Keddy yasimbuye Rwabuhihi Placide.

Muri iki gice cya kabiri APR FC yagerageje gushaka igitego abasore barimo Lague na Bosco bagerageza amahirwe ariko ntibagira amahirwe yo kubona igitego.

Ku munota wa 82, Hamza Regragui yahawe ikarita y’umutuku nyuma yo kubona ikarita ya kabiri y’umuhondo ku ikosa yakoreye Mugunga Yves.

Nsanzimfura Keddy ku munota wa 85, yagerageje ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina ariko umunyezamu Amine El Ouaad awukuramo. Umukino warangiye ari 0-0.

Umukino wo kwishyura uzabera muri Maroc tariki ya 5 Ukuboza 2021, izatsinda izahita ijya mu matsinda ya CAF Confederation Cup.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Cyuma aho afungiye i Mageragere yanditse ibaruwa avugamo ko yakorewe ubutekamutwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n'Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.