Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo uhamye, kuko ibyo avuze uyu munsi atari byo asubiramo ejo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025, Tshisekedi avugiye i Brussels mu Bubiligi ko kuva cyera yahoze yifuza amahoro, ariko akananizwa, mu gihe bizwi ko yivugiye kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Mu kiganiro Senateri Evode Uwizeyimana yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi ntaho bihuriye n’ukuri, hagendewe ku myitwarire yagiye imuranga ndetse n’ibyo yagiye yitangariza.

Ati “Mbona asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu. Ni umuntu gashozantambara, ni umuntu wagiye avuga ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda inshuro nyinshi, umuntu wafashe FDLR akayishyira mu ngabo ze, umuntu wagerageje kuba intambamyi ku mahoro ashakishwa muri aka karere.”

Muri iriya mbwirwaruhame yatanzwe na Tshisekedi kuri uyu wa Kane, yavuze ko yaba u Rwanda na Uganda, nta Gihugu na kimwe muri ibi yigeze abanira nabi.

Hon. Uwizeyimana yavuze ko bitangaje kumva uyu Mukuru wa DRC yihandagaza akavugira amagambo nk’ariya imbere y’imbaga, azi neza ibyo yagiye atangaza anakora.

Ati “Kuvuga ngo nta Gihugu na kimwe yigeze ashotora cyangwa abanira nabi mu Bihugu ikenda bituranye na Congo, byumwihariko akavuga cyane cyane u Rwanda na Uganda [sinzi impamvu yavuze cyane u Rwanda na Uganda].

Abantu twese byadutangaje igaragaza za incoherence politique [umujagararo muri politiki], navuga ngo il est le champion des incoherence politiques [ni uwa mbere mu kutagira politiki ihamye] kuko wenda kwinyuraguramo [reka nkoreshe Ikinyarwanda], ni ibintu bigoye kuko nabonye na bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo barimo Corneille Nangaa hari aho yavuze ati ‘uyu muntu nagera i Kinshasa ashobora kuzibagirwa ko ibi bintu yabivuze’.”

Hon. Uwizeyimana avuga ko bigoye gusesengura imbwirwaruhame za Tshisekedi kuko ari umuntu uhindagura imvugo uko bwije uko bucyeye, ariko ko byumwihariko ku byo yatangaje kuri uyu wa Kane, bigamije kwiyerurutsa.

Ati “Ni imbwirwaruhame yo kwiyerurutsa, yo kwiyerekana nk’umuntu Pacificateur [ushyira imbere amahoro] kwiyerekana nk’umunyamahoro, kwiyerekana ko ashobora kwicara akaganira nk’abaturanyi ku bibazo.”

Ibyatangajwe na Tshisekedi kandi byanenzwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aho abinyujije mu butumwa yatangaje kuri X, yavuze ko abantu baba badakwiye guha amatwi umuntu uhora avuga ibintu bitari ku murongo, kuko ababyumva na bo ba bafite ikibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − five =

Previous Post

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.