Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Babikoreye n’Imihigo: Ubutumwa bwivugira buva mu Ikipe ya Rayon bugenewe abakunzi bayo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
07/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Babikoreye n’Imihigo: Ubutumwa bwivugira buva mu Ikipe ya Rayon bugenewe abakunzi bayo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Habura amasaha macye ngo ikipe ya Rayon Sports ihure na mucyeba wayo APR FC, abakinnyi na bamwe mu bayobozi b’iyi Kipe bakunze guhimba ‘Gikundiro’ bahuye biha umuhigo we gutsinda iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni umukino wakirwa n’iyi kipe ya Rayon Sports iri mu bihe byiza byayo, dore ko yicaye ku mwanya wa mbere, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa gatanu ariko yo ikaba ifite indi mikino y’ibirarane.

Mbere y’uyu mukino bahaye izina rya ‘1000 Hills Derby’ cyangwa umukino w’ishiraniro w’imisozi 1000, iyi kipe ya Rayon Sports yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba amatike yo kwinjira muri sitade Amahoro yashize ku isoko, ari n’agahigo iciye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukuboza 2024, habura amasaha macye ngo uyu mukino w’ikirarane ukinwe, abakinnyi b’iyi kipe na bamwe mu bayobozi bayo, bahuye mu muhuro w’imihigo.

Ubutumwa bwatanzwe na Rayon, bugira buti “Amasaha macye mbere ya 1000 Hills Derby, abayobozi ba Rayon Sports na bamwe mu bakunzi bayo basuye ikipe. Muri uyu mugoroba w’imihigo abakinnyi basezeranyije abayobozi ibyishimo.”

Uyu muhuro warimo Perezida w’Umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, Cacinya Chance Dennis wigeze kuba Perezida w’iyi kipe, ndetse na bamwe mu bagize uyu muryango basanzwe ari abanyemari bayiba hafi.

Perezida w’Umuryango wa Rayon na we yabasabye kwitwara neza
Kapite Muhire Kevin yavuze ko bakora iyo bwabaga bagashimisha abakunzi b’iyi kipe

N’abayobozi na bo babihigiye
Gacinya Chance Dennis na we yabasezeranyije ko aza kubakora mu ntoki

Ombolenga we ikimuri mu mutwe ni ukuntu azanya azamukira iburyo ajya gutsinda ikipe yakiniye igihe kinini

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana bafitanye isano yabitanzeho amakuru imbere y’Urukiko

Next Post

Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.