Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in AMAHANGA
0
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera amashusho ye yagiye hanze, yakatiwe igifungo cy’imyaka 18 kubera ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Uyu mugabo wacicikanye ku mbuga nkoranyambaga umwaka ushize ubwo hasakazwaga amashusho ye bivugwa ko yafataga ubwo yabaga aryamanye n’abagore ba bamwe mu bafite amazina akomeye muri kiriya Gihugu, yari akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza imari ya Leta.

Yari asanzwe ayobora Ikigo (National Financial Investigation Agency) gishinzwe iperereza mu by’Imari, akaba yaregwaga gukoresha nabi umutungo w’Igihugu muri iki Kigo gisanzwe kigenzurwa na Minisiteri y’Imari.

Raporo zatangajwe n’Ibitangazamakuru by’Igihugu, zigaragaza ko Baltasar Engonga yakoresheje abarirwa muri miliyoni 910 CFA (miliyari 2,3 Frw) yibye, mu bikorwa byo kwinezezanya n’abagore.

Muri uru rubanza rwe rwatangiye ku wa Mbere, rwanavugwagamo abayobozi bo mu bigo bikuru bya Leta, Ubushinjacyaha bwagiye bugaragaza ibyaha binyuranye, ndetse bunasaba ibihano.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, icy’imyaka ine n’amezi atanu ku kwigwizaho imitungo, imyaka itandatu n’ukwezi kumwe ku cyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko, ndetse n’ibindi bihano.

Byose hamwe, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uyu mugabo igifungo cy’imyaka 18 ndetse no gutanga ihazabu ya Miliyari 1 z’amafaranga y’ama CFA (arenga miliyari 2,5 Frw).

Ni mu gihe Uruhande rw’uregwa n’abanyamategeko be, bahakanaga ibyaha byose bishinjwa Baltasar Engonga Ebang.

Mu cyemezo cyasomwe kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rwavuze ko hagaragajwe ibimenyetso bishimangira ko uregwa yakoze ibyaha aregwa, birimo amafaranga yagiye yoherereza mu mabanki, konti zo hanze ndetse n’amasezerano ya baringa. Ubushinjacyaha bwise iki kirego “kimwe mu bikorwa by’ubuhemu bukomeye byabayeho mu nzego za Leta mu bihe bya vuba.”

Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso, Umucamanza yakatiye Baltasar Engonga Ebang igifungo cy’imyaka 18 ku bwo kunyereza imari ya Leta.

Baltasar yaravuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga
Ubwo yaburanishwaga mu rukiko
We n’abadi bafungwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Next Post

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.