Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo kwaka indonke, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu yageze imbere y’Urukiko ngo aburanishwe ariko avuga ko atiteguye kuburana.

Bamporiki Edouard uburana adafungiye muri Gereza, yageze imbere y’Inteko y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yambaye isuti n’ipantaro by’umukara ndetse n’ishati y’ibara ry’umweru.

Uyu munyapolitiki wakunze kugaragara cyane mu bijyanye n’umuco, yageze imbere y’Abacamanza, agaragaza kububaha cyane, akanyuzamo agahuza amaboko agaragaza uguca bugufi.

Saa mbiri n’igice zuzuye zo muri iki gitondo, Inteko y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yinjiye mu cyumba cy’iburanisha, nkuko bisanzwe ibaza uregwa niba yiteguye kuburana, Bamporiki wari ku meza ahagararaho uregwa n’abamwunganira ari wenyine, avuga ko atiteguye kuko adafite umwunganizi mu mategeko.

Hon Bamporiki yavuze ko impamvu Umunyamategeko we atagaragaye mu rukiko ari uko Abanyamategeko uyu munsi bafite amatora.

Ubusanzwe amategeko yo mu Rwanda yemerera ukurikiranyweho icyaha kuburana yunganiwe mu gihe abyifuza ndetse ko adashobora kuburana atunganiwe mu gihe agaragaza ko yagize ubwo bushake bwo kugira umwunganizi ntaboneke atari ku bushake bwe.

Inteko y’Ubushinjacyaha ibajijwe icyo ivuga kuri izi nzitizi z’uregwa, yavuze ko kuba uregwa yaburana yunganiwe ari uburenganzira yemererwa n’amategeko bityo ko kuba atari kumwe n’Umunyamategeko we, ari inzitizi zifite ishingiro.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumaze kumva impande zombi, rwahise rusubika urubanza rurwimurira tariki 21 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Jado says:
    3 years ago

    Iyo titre ya Honorable bazarikureho kuko bigaragara nabi kumuntu wakoze icyaha

    Reply
  2. Djihadi says:
    3 years ago

    Nibamumanure, maze Ayo mabuno ye abashu bayadiribure.

    Reply

Leave a Reply to Djihadi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

Twanze guhomba burundu Igihugu cyatwibarutse- Mme J.Kagame yasangije amahanga urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka

Next Post

Gutsindwa kenshi hari abo bivuna- FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’Amavubi

Related Posts

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

IZIHERUKA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira
MU RWANDA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gutsindwa kenshi hari abo bivuna- FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’Amavubi

Gutsindwa kenshi hari abo bivuna- FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.