Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

radiotv10by radiotv10
17/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Rwanda, bavuga ko hari benshi basigaye bishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ngo kuko agakingirizo kadatuma umuntu ashira ipfa ngo anishimane byuzuye n’uwo bishimiranye.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) giherutse gutangaza ko abantu bandura Virusi itera SIDA mu Rwanda buri mwaka ari ibihumbi bitanu (5 000) kandi ko abenshi bandura ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24.

Umukozi w’iki kigo (RBC) ushinzwe ubushakashatsi kuri virusi itera SIDA, Dr Eric Remera aherutse kugira ati “Noneho muri ibyo bihumbi bitanu 33% yabo ni urubyiruko; ni ukuvuga ngo byibuze ni abantu 1500.”

Bamwe mu rubyiruko baganirije RADIOTV10, bavuze ko hari bamwe bahitamo gukorera aho mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kuko baba bizeye abo bagiye kuyikorana kandi babishimiye.

Umwe ati “Urabizi ko mu buzima gukora imibonano mpuzabitsina ni ibintu karemano, ni ibintu turemwemo, buri wese akenera. Hari igihe uba ugiye kuryamana n’umuntu wishimiye wizeye muziranye, aho nawe birumvikana ntabwo…”

Uyu mukobwa akomeza avuga ko benshi mu bakobwa bafite abahungu b’abakunzi bamaranye igihe, badakunze gukoresha udukingirizo kuko tudatuma bagera ku ngingo y’ibyishimo.

Ati “Nk’urugero nshobora kuba mfite nk’umukunzi, tumaranye igihe, icyo gihe njyewe nshobora kugenda tukarya bango [imvugo y’abato ivuga gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye].”

Bamwe muri uru rubyiruko rurimo n’urwiga muri kaminuza, ruvuga ko bamwe muri bo muri iki gihe bafite ubushyuhe bwinshi ku buryo hari n’abadatinya gukorera imibonano mpuzabitsina mu nzira, bigatuma batabasha kubona utwo dukingirizo.

Undi ati “Nk’abahurira muri za campus, hari ababirangiriza mu mashyamba bisindiye ntahantu yagura agakingirizo ayo majoro, ugasanga apfuye kubikora nyine. N’ubujiji buzamo, umuntu agakora ikintu atabanje gutekereza bihagije.”

Hari n’abagabo kandi bajya mu tubari bamara guhembuka bagashaka gukomereza ibyishimo mu mibonano mpuzabitsina kandi ko ntawibuka gukoresha agakigingirizo.

Bamwe bavuga ko aba bagabo baba basanzwe bafite abagore, bagatinya kugenda udukingirizo kugira ngo abagore babo batazabatahura ko babaca inyuma.

Umwe mu baturage yagize ati “Kubera ko abenshi baba bafite ingo, buriya batinya kugura udukingirizo kuko aba avuga ati ‘ese ngasize mu ipantalo, umugore akakabona kandi tutagakoresha, yabyumva gute?’.”

Impuguke akaba n’umuganga w’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, Dr Makangari Denis avuga ko abakomeje gukerensa virusi itera SIDA hari byinshi birengagiza kuko uretse kuba iyi ndwara inagira ingaruka ku mitekerereze y’uwayanduye.

Iyi mpuguke ivuga ko gukoresha agakingirizo hirindwa SIDA ari no kwirinda ibindi bibazo byo mu mutwe ko iyo umuntu azi ko yakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye ahora ikikango ko yanduye bigatuma ntakintu yakora agishyizeho umwete.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 6 =

Previous Post

“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije

Next Post

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.