Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ifite amateka akomeye mu Rwanda igiye guhindura izina

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ifite amateka akomeye mu Rwanda igiye guhindura izina
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Abaturage iri mu zifite amateka akomeye mu Rwanda, igiye guhindura izina aho ubu igiye kujya yitwa ‘BPR Bank Rwanda PLC’ mu gihe yari imenyerewe ku izina rya ‘BPR’.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa Banki y’Abaturage, bwavuze ko iki cyemezo cyo guhindura izina kije nyuma y’uko iyi Banki yishyize hamwe na KCB Bank Rwanda Plc.

Itangazo ry’ubuyobozi bwa Banki y’Abaturage, rigira riti “Twifuje kubamenyesha ko guhera ku itariki ya 01 Mata 2022, Banque Populaire du Rwanda Plc (BPR) izahindura izina ikitwa BPR Bank Rwanda PLC.

Ubuyobozi bw’iyi Banki bukomeza bwizeza abakiliya bayo ko uku kwishyira hamwe na KCB bitazagira ingaruka mbi biteza ku mitangire ya serivisi ku bakiliya b’impande zombi.

Riti “Ahubwo ikigo gishya kizarushaho guha abakiliya serivisi nziza.”

Banki y’abaturage yari izwi nka Banque Populaire du Rwanda Plc yahoze yitwa Banque Populaire du Rwanda SA, yatangiye gukorera mu Rwanda mu 1975 aho yatangiriye ahitwa Nkamba ahazwi nk’i Kibungo ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mu mpera za 2015, BPR yari yagurishije imigabane ingana na 62% n’ikigo cya Altasmara cy’ishoramari gikorera mu bihugu 10 byo munsi y’Ubutayi bwa Sahara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 3 =

Previous Post

Umunyarwenya wakubitiwe urushyi mu birori yari ayoboye yabibajijweho azenga amarira ati “Ndacyabyibazaho”

Next Post

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Andi mafoto ateye ubwuzu ya ‘Inyogoye’ yakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.