Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA
1
Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, barifuza ko imodoka yahoze ari iy’umwe mu bagize uruhare rukomeye muri Jenoside muri aka gace wanakatiwe gufungwa burundu, yavanwa hafi y’Ibiro by’Akarere, ikajyanwa ku rwibutso rwa Kibungo, ikaba kimwe mu bimenyetso bigaragaza amateka ya Jenoside.

Iyi modoka yo mu bwoko bw’ikamyo, iparitse hafi y’Ibiro by’Akarere ka Ngoma, yahashyizwe kuva mu 1994 nyuma yuko ingabo za FPR-Inkotanyi zibohoreye u Rwanda zikanahagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi.

Abarokokeye muri aka gace kahoze ari muri Perefegitura ya Kibungo, babwiye RADIOTV10 ko iyi modoka yahoze ari iy’uwitwa Cyasa wagize uruhare runini muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uyu Cyasa waje no gukatirwa gufungwa burundu, mu bihe bya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yakoreshaga iki kinyabiziga muri za mitingi zacurirwagamo imigambi ya Jenoside ndetse no mu gutwara interahamwe zicaga Abatutsi, ndetse ikanatwara Abatutsi babaga bamaze kwicwa.

Umwe mu barokokeye muri aka gace yagize ati “Ibyo gutwara imihoro byaje nyuma ahubwo yabanje kujya ijyana abantu muri mitingi bafite ibyenda bambara bya MRND, yarabatwaraga rero.”

Undi yagize ati “Yatwaraga Interahamwe mu gihe cy’imyigaragambyo, bakajya kwica abantu hirya no hino ndetse no muri Jenoside iriya modoka yatwaraga abantu bajya kwicwa.”

Abarokokeye muri aka gace, bavuga ko iyi modoka itari ikwiye kuba iparitse hafi y’Ibiro by’Akarere ahubwo ko yari ikwiye kuba kimwe mu bimenyetso by’amateka ashaririye yabaye muri aka gace kuko iki kinyabiziga cyakoreshejwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Akomeza agira ati “Mbona iriya modoka yagakwiye kuza hariya hari urwibutso, aho yakoreye amabi, tukajya tuyireba tukibuka ibyabaye n’ibyakozwe na Cyasa.”

Undi yagize ati “Kiriya kimodoka bakabaye barugira ruzima, abantu bakajya barureba bakavuga bati ‘dore ya modoka yacu, dore aho iri’ yashaka ikanakora ahubwo, niba ari indabo ijya kuzana niba ari iki, igakorera Urwibutso, ikajya aho bakamenya ngo ni iya Cyasa ariko iri gukorera Urwibutso.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga ko iki cyifuzo cy’abaturage cyumvikana ndetse ko higeze kugeragezwa igikorwa cyo gukura iyi modoka aho imaze igihe iparitse ariko ko imashini yari igiye kuyijyana ikayinanirwa.

Yunga mu ry’abarokokeye muri aka gace, akavuga ko ari ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bityo ko gikwiye kujyanwa ku Rwibutso.

Uyu muyobozi yizeje aba barokokeye muri aka gace ko iyi modoka kimwe n’ibindi bimenyetso bigikusanywa, bizajyanwa ku Rwibutso rukuru kugira ngo hakomeze gusigasirwa amateka yo muri aka gace.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Issa kamatari says:
    2 years ago

    Ndayibutse kweli iparitse kwa sebukwe iva gupakira imixanga rwinkwavu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi

Next Post

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.