Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA
1
Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, barifuza ko imodoka yahoze ari iy’umwe mu bagize uruhare rukomeye muri Jenoside muri aka gace wanakatiwe gufungwa burundu, yavanwa hafi y’Ibiro by’Akarere, ikajyanwa ku rwibutso rwa Kibungo, ikaba kimwe mu bimenyetso bigaragaza amateka ya Jenoside.

Iyi modoka yo mu bwoko bw’ikamyo, iparitse hafi y’Ibiro by’Akarere ka Ngoma, yahashyizwe kuva mu 1994 nyuma yuko ingabo za FPR-Inkotanyi zibohoreye u Rwanda zikanahagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi.

Abarokokeye muri aka gace kahoze ari muri Perefegitura ya Kibungo, babwiye RADIOTV10 ko iyi modoka yahoze ari iy’uwitwa Cyasa wagize uruhare runini muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uyu Cyasa waje no gukatirwa gufungwa burundu, mu bihe bya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yakoreshaga iki kinyabiziga muri za mitingi zacurirwagamo imigambi ya Jenoside ndetse no mu gutwara interahamwe zicaga Abatutsi, ndetse ikanatwara Abatutsi babaga bamaze kwicwa.

Umwe mu barokokeye muri aka gace yagize ati “Ibyo gutwara imihoro byaje nyuma ahubwo yabanje kujya ijyana abantu muri mitingi bafite ibyenda bambara bya MRND, yarabatwaraga rero.”

Undi yagize ati “Yatwaraga Interahamwe mu gihe cy’imyigaragambyo, bakajya kwica abantu hirya no hino ndetse no muri Jenoside iriya modoka yatwaraga abantu bajya kwicwa.”

Abarokokeye muri aka gace, bavuga ko iyi modoka itari ikwiye kuba iparitse hafi y’Ibiro by’Akarere ahubwo ko yari ikwiye kuba kimwe mu bimenyetso by’amateka ashaririye yabaye muri aka gace kuko iki kinyabiziga cyakoreshejwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Akomeza agira ati “Mbona iriya modoka yagakwiye kuza hariya hari urwibutso, aho yakoreye amabi, tukajya tuyireba tukibuka ibyabaye n’ibyakozwe na Cyasa.”

Undi yagize ati “Kiriya kimodoka bakabaye barugira ruzima, abantu bakajya barureba bakavuga bati ‘dore ya modoka yacu, dore aho iri’ yashaka ikanakora ahubwo, niba ari indabo ijya kuzana niba ari iki, igakorera Urwibutso, ikajya aho bakamenya ngo ni iya Cyasa ariko iri gukorera Urwibutso.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga ko iki cyifuzo cy’abaturage cyumvikana ndetse ko higeze kugeragezwa igikorwa cyo gukura iyi modoka aho imaze igihe iparitse ariko ko imashini yari igiye kuyijyana ikayinanirwa.

Yunga mu ry’abarokokeye muri aka gace, akavuga ko ari ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bityo ko gikwiye kujyanwa ku Rwibutso.

Uyu muyobozi yizeje aba barokokeye muri aka gace ko iyi modoka kimwe n’ibindi bimenyetso bigikusanywa, bizajyanwa ku Rwibutso rukuru kugira ngo hakomeze gusigasirwa amateka yo muri aka gace.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Issa kamatari says:
    3 years ago

    Ndayibutse kweli iparitse kwa sebukwe iva gupakira imixanga rwinkwavu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi

Next Post

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.