Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batanu ba FDLR bafashwe n’umutwe wa M23, beretswe itangazamakuru, banavuga imyirondoro yabo n’ibyo bakoraga n’aho bagiye bafatirwa, barimo umugore umwe ndetse n’uwahoze mu buyobozi bw’ibanze mu Rwanda mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bafashwe n’umutwe wa M23, beretswe ibitangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022 ubwo uyu mutwe wagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu Mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko yawo.

Muri aba batanu beretswe itangazamakuru, harimo Pasiteri Niyonzima Jean Damascene wabaye Burugumesitiri Wungirije w’icyahoze ari Komini Kiyami muri Perefegitura ya Byumba.

Uyu mugabo werekanywe yambaye isuti ndetse yanigirije na karuvati, ubwo yivugaga, yagize ati “Nitwa Pasiteri Niyonzima Jean Damascene. Nahoze ndi Assistant Bourgmestre muri Komini ya Kinyami muri Perefegitura ya Byumba.”

Uyu Pasiteri Niyonzima Jean Damascene yavuze ko yagiye kuri uyu mwanya wa Assistant Bourgmestre wa Komini ya Kinyami kuva mu 1990 kugeza mu 1994 ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga.

Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma, yabwiye Itangazamakuru ko Niyonzima Jean Damascene ari umuhuzabikorwa w’ubutasi bwose bwa FDLR.

Yagize ati “Ikindi yakoraga nk’Umunyabanga, azi buri kimwe cyose, ni ukuvuga ngo ikintu cyose cyabaga muri FDLR cyamunyuragaho, yewe n’umuvugizi ndetse na Perezida.”

Undi muri aba bantu beretswe itangazamakuru, yavuze ko yafatiwe mu gace ka Tongo, aho yarakoraga nk’Umunyamabanga wa Maj General Omega uri mu buyobozi bukuru bwa FDLR.

Uyu murwanyi yavuze ko akomoka mu cyahoze ari Gisenyi ahitwa muri Mutura akaba yabaga muri komandoma iyoborwa na Maj General Omega yari abereye Umunyamabanga.

Herekanywe kandi Premier Sergent Marie Chantal akaba ari na we mugore umwe muri aba beretswe itangazamakuru, wavuze ko akomoka i Gisenyi, aho yavuye mu Rwanda mu 1997 agahita ajya muri uyu mutwe wa FDLR.

Herekanywe kandi uwitwa Jacques Dieu Merci, wavuze ko yafatiwe mu gace kitwa Paris muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na we akaba yakoranaga na General Omega.

Umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, uri gufatanya n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano kimazemo iminsi na M23.

Ni na byo u Rwanda rushinja Guverinoma ya Congo Kinshasa kuba ikomeje gufasha uyu mutwe w’iterabwoba, ukaba waranakomeje ibikorwa byo kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

Next Post

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.