Monday, June 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in SIPORO
0
Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo iy’abagabo yajyanye abakinnyi bashya bagiye no gukinana ku nshuro yabo ya mbere.

Aya makipe yahagurutse mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena 2025, aho yahawe ubutumwa n’abayobozi banyuranye, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, ndetse n’abandi bayobozi b’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda.

Itsinda ry’abantu barindwi ni bo bagize ikipe z’Igihugu barimo abakinnyi bane (4), Umusifuzi umwe, umutoza ndetse n’umuganga.

U Rwanda ruhagarariwe n’ikipe ebyiri; iy’abagabo n’iy’abagore. Mu bakinnyi umutoza Mudahinyuka Christopher yahagurukanye mu Rwanda, harimo impinduka nk’aho ikipe y’abagabo ari nshya kuko igizwe Kanamugire Prince na Niyonkuru Gloire bagiye gukinana ku nshuro yabo ya mbere.

Ni mu gihe Ikipe y’abagore igiteze ihinduka kuko igizwe na Mukandayisenga Benitha ndetse Munezero Valentine basanzwe bakinana.

Biteganyijwe ko iri rushanwa rizatangira tariki 23 kujyeza taliki ya 30 Kamena 2025 rikabera mu mujyi wa Tetouan mu Gihugu cya Morocco.

Biteganyijwe ko nyuma yo kujyera i Casablanca kuri uyu wa Mbere, abagize ikipe y’Igihugu bongera bagafata indi ndege iberekeza Tetouan ahazabera irushanwa.

Umunyamabanga muri MINISPORTS yasabye aba bakinnyi kuzazamura ibendera ry’u Rwanda

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Next Post

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

Related Posts

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

by radiotv10
17/06/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje abakinnyi baguzwe n’iyi kipe ndetse n’abo isigaje kugura, barimo abanyamahanga babiri isigaje kongera mu bo...

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
13/06/2025
0

Muhire Kevin wari kapiteni w’ikipe ya Rayon Sport, aratangazwa nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo. Ni...

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

by radiotv10
11/06/2025
0

Ikipe ya APR BBC yo mu Rwanda yasezerewe muri 1/2 cy’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025 nyuma yo gutsindwa...

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

by radiotv10
10/06/2025
0

Mashami Vincent wari umutoza mukuru wa Police FC, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo, ayishimira icyizere...

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

IZIHERUKA

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga
MU RWANDA

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

by radiotv10
23/06/2025
0

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

23/06/2025
Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

23/06/2025
Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

Urugamba rwongeye gukara hagati ya M23 na Wazalendo

23/06/2025
Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

23/06/2025
Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

23/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.