Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka avuga ko nubwo umushahara w’abarimu wazamuwe ariko bidahagije kuko ibiciro ku isoko biri hejuru ku buryo bikomeje kuzamuka nubundi impinduka bifuzwaho zitagerwaho.

Tariki 01 Kanama 2022, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’abarimu kuko ari wo basubirijweho icyifuzo cyabo bari bamaranye iminsi cyo kongezwa umushahara.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ubwo yari iri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, yatangaje ko umushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza wongereweho 88% naho uw’abahemberwa ku mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) n’icya kabiri (A0) bongereweho 40%.

Ni inkuru yakiriwe neza yaba ari abarimu ndetse n’abandi bo ngeri zitandukanye kuko iki cyiciro cy’abakozi kiri mu byakunze kugarukwaho ko cyahembwaga amafaranga macye ugereranyije n’akamaro bagirira Igihugu.

Impuguke mu bukungu, Teddy Kaberuka avuga ko kuba abarimu bongerewe umushahara ari ikintu cyo kwishimira ariko ko bikozwe mu gihe nubundi ubuzima buri kurushaho guhenda ku buryo umushahara babongereye na wo ushobora kuzaba iyanga mu gihe runaka.

Ati “Ibiciro bikomeje kuzamuka ni ukuvuga ngo nubwo babikoze ubu ariko nibikomeza kuzamuka uzasanga impinduka twifuza ntacyo zigejeje ku bazamuriwe kubera ko ibiciro byakomeje kuzamuka.”

Iri zamura ry’umushahara wa mwarimu ryakozwe ari intambwe ya mbere, ati “Bazakomeza kureba wenda n’umwaka utaha bazongereho akandi kantu kugira ngo umushahara batanze uyu munsi uzakomeza ubesheho wa wundi wawubonye.”

Iyi mpuguke kandi yagarutse ku kibazo cy’umushahara fatizo, avuga ko gushyiraho iki gipimo ngenderwaho cy’ubushobozi umukozi yinjiza, bikenewe kuko biri mu byazakemura ibibazo by’imibereho y’abakozi.

Ati “Akenshi hagati y’umukoresha n’umukozi uba afite imbaraga ni umukoresha ntabwo ari umukozi, iyo umushahara fatizo uriho usa nkaho uvuganira umukozi, iyo udahari rero usanga umukoresha akora ibyo ashaka kubera ko nta tegeko aba yica.”

Ubwo abarimu bazamurirwaga umushahara, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamaliya Valentine yavuze ko aba barezi na bo bagomba kumenya ko ibyo basabwaga na bo bigomba kuzamuka ndetse ko ubugenzuzi bakorerwaga bugiye kongerwa kugira ngo intego yo kuzamura ireme ry’uburezi igerweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

Next Post

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry'icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.