Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka avuga ko nubwo umushahara w’abarimu wazamuwe ariko bidahagije kuko ibiciro ku isoko biri hejuru ku buryo bikomeje kuzamuka nubundi impinduka bifuzwaho zitagerwaho.

Tariki 01 Kanama 2022, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’abarimu kuko ari wo basubirijweho icyifuzo cyabo bari bamaranye iminsi cyo kongezwa umushahara.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ubwo yari iri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, yatangaje ko umushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza wongereweho 88% naho uw’abahemberwa ku mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) n’icya kabiri (A0) bongereweho 40%.

Ni inkuru yakiriwe neza yaba ari abarimu ndetse n’abandi bo ngeri zitandukanye kuko iki cyiciro cy’abakozi kiri mu byakunze kugarukwaho ko cyahembwaga amafaranga macye ugereranyije n’akamaro bagirira Igihugu.

Impuguke mu bukungu, Teddy Kaberuka avuga ko kuba abarimu bongerewe umushahara ari ikintu cyo kwishimira ariko ko bikozwe mu gihe nubundi ubuzima buri kurushaho guhenda ku buryo umushahara babongereye na wo ushobora kuzaba iyanga mu gihe runaka.

Ati “Ibiciro bikomeje kuzamuka ni ukuvuga ngo nubwo babikoze ubu ariko nibikomeza kuzamuka uzasanga impinduka twifuza ntacyo zigejeje ku bazamuriwe kubera ko ibiciro byakomeje kuzamuka.”

Iri zamura ry’umushahara wa mwarimu ryakozwe ari intambwe ya mbere, ati “Bazakomeza kureba wenda n’umwaka utaha bazongereho akandi kantu kugira ngo umushahara batanze uyu munsi uzakomeza ubesheho wa wundi wawubonye.”

Iyi mpuguke kandi yagarutse ku kibazo cy’umushahara fatizo, avuga ko gushyiraho iki gipimo ngenderwaho cy’ubushobozi umukozi yinjiza, bikenewe kuko biri mu byazakemura ibibazo by’imibereho y’abakozi.

Ati “Akenshi hagati y’umukoresha n’umukozi uba afite imbaraga ni umukoresha ntabwo ari umukozi, iyo umushahara fatizo uriho usa nkaho uvuganira umukozi, iyo udahari rero usanga umukoresha akora ibyo ashaka kubera ko nta tegeko aba yica.”

Ubwo abarimu bazamurirwaga umushahara, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamaliya Valentine yavuze ko aba barezi na bo bagomba kumenya ko ibyo basabwaga na bo bigomba kuzamuka ndetse ko ubugenzuzi bakorerwaga bugiye kongerwa kugira ngo intego yo kuzamura ireme ry’uburezi igerweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + sixteen =

Previous Post

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

Next Post

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry'icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.