Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka avuga ko nubwo umushahara w’abarimu wazamuwe ariko bidahagije kuko ibiciro ku isoko biri hejuru ku buryo bikomeje kuzamuka nubundi impinduka bifuzwaho zitagerwaho.

Tariki 01 Kanama 2022, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’abarimu kuko ari wo basubirijweho icyifuzo cyabo bari bamaranye iminsi cyo kongezwa umushahara.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ubwo yari iri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, yatangaje ko umushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza wongereweho 88% naho uw’abahemberwa ku mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) n’icya kabiri (A0) bongereweho 40%.

Ni inkuru yakiriwe neza yaba ari abarimu ndetse n’abandi bo ngeri zitandukanye kuko iki cyiciro cy’abakozi kiri mu byakunze kugarukwaho ko cyahembwaga amafaranga macye ugereranyije n’akamaro bagirira Igihugu.

Impuguke mu bukungu, Teddy Kaberuka avuga ko kuba abarimu bongerewe umushahara ari ikintu cyo kwishimira ariko ko bikozwe mu gihe nubundi ubuzima buri kurushaho guhenda ku buryo umushahara babongereye na wo ushobora kuzaba iyanga mu gihe runaka.

Ati “Ibiciro bikomeje kuzamuka ni ukuvuga ngo nubwo babikoze ubu ariko nibikomeza kuzamuka uzasanga impinduka twifuza ntacyo zigejeje ku bazamuriwe kubera ko ibiciro byakomeje kuzamuka.”

Iri zamura ry’umushahara wa mwarimu ryakozwe ari intambwe ya mbere, ati “Bazakomeza kureba wenda n’umwaka utaha bazongereho akandi kantu kugira ngo umushahara batanze uyu munsi uzakomeza ubesheho wa wundi wawubonye.”

Iyi mpuguke kandi yagarutse ku kibazo cy’umushahara fatizo, avuga ko gushyiraho iki gipimo ngenderwaho cy’ubushobozi umukozi yinjiza, bikenewe kuko biri mu byazakemura ibibazo by’imibereho y’abakozi.

Ati “Akenshi hagati y’umukoresha n’umukozi uba afite imbaraga ni umukoresha ntabwo ari umukozi, iyo umushahara fatizo uriho usa nkaho uvuganira umukozi, iyo udahari rero usanga umukoresha akora ibyo ashaka kubera ko nta tegeko aba yica.”

Ubwo abarimu bazamurirwaga umushahara, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamaliya Valentine yavuze ko aba barezi na bo bagomba kumenya ko ibyo basabwaga na bo bigomba kuzamuka ndetse ko ubugenzuzi bakorerwaga bugiye kongerwa kugira ngo intego yo kuzamura ireme ry’uburezi igerweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

Next Post

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry’icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

The Ben akigera i Kigali yambitswe ikamba ry'icyubahiro ahita avuga abantu babiri yari akumbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.