Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura umunsi umwe ngo iyi kipe ihure na Rayon Sports.

Ibi bije mbere y’umunsi umwe ngo iyi kipe ikine na Rayon Sports umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Umuyobozi w’ikipe ya Bugesera FC Gahigi Jean Claude, yemereye Radio/TV10 ko aya makuru ko ari yo aho yagize ati “Ni ko bimeze, uyu mukino ntabwo bazawutoza.”

Uyu Muyobozi ntiyifuje kubivugaho byinshi, gusa hari amakuru avuga ko aba batoza bahagaritswe hakekwa ko ikipe ya Rayon Sports yaba yarabanyuzeho ngo bayorohereze kubona intsinzi, ndetse bikanavugwa ko Ndayishimiye Eric Bakame yaba yaranamaze kwemeranya n’iyi kipe kuzayibera Umutoza w’Abanyezamu umwaka utaha.

Kuva iki cyumweru cyatangira, Bugesera FC yakajije imyiteguro y’umukino wa Rayon Sports dore ko guhera ku wa 2, Abakinnyi bose n’Umutoza bari mu mwiherero ndetse n’umutekano w’aho ikipe icumbitse ukaba warakajijwe.

Ni umukino Bugesera ikeneyemo amanota cyane ko iri kurwana urugamba rwo kutamanuka mu cyiciro cya 2, mu gihe Rayon Sports yo iri gushaka aya manota ngo ikomeze kuyobora urutonde rwa shampiyona ruyiganisha ku gutwara igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 6 ishize.

Uretse kuba buri kipe ifite icyo irwanira kuri uyu mukino, ubundi buremera bwawe buturuka ku kuba Bugesera yarasezereye Rayon Sports muri 1/2 cy’igikombe cy’amahoro umwaka ushize, ndetse Banamwana Camarade utoza iyi Bugesera, n’ubundi akaba yarigeze gusezerera Rayon Sports mu 2013 muri 1/8 cy’igikombe cy’amahoro.

Ikipe ya Bugesera FC ubu iri ku mwanya wa 11 n’amanota 31 ku rutonde rwa shampiyona, mu gihe Rayon Sports iyoboye urutonde n’amanota 59.

Ndayishimiye Eric Bakame yahagaritswe
Na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi yahagaritswe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 11 =

Previous Post

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Next Post

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.