Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’amagare ya Eritrea yajyaga igaragaramo abakinnyi basusurutsaga Abaturarwanda muri Tour du Rwanda, ntizitabira iry’uyu mwaka ribura igihe gito ngo ritangire.

Ni isiganwa rya kane rya Tour du Rwanda rigiye kuba riri ku rwego rwa 2.1, rizatangira nyuma y’iminsi 288 hasojwe irya 2021 ryatwawe n’Umunya-Espagne Cristián Rodríguez Martin ukinira Direct Energie.

Ryari ryabaye hagati ya tariki ya 2 n’iya 9 Gicurasi nyuma yo kwigizwa inyuma rikuwe mu mpera za Gashyantare kubera gukaza umurego kw’icyorezo cya COVID-19 cyatumye riba mu muhezo, abafana babujijwe kugera aho isiganwa risorezwa n’aho ritangirira.

Nkuko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda bwanyujijwe kuri Twitter, bavuze ko Eritrea itazitabira Tour du Rwanda 2022, kubera ko itujuje ibisabwa.

Bagize bati “Ikipe y’igihugu ya Eritrea ntabwo izitabira Tour du Rwanda 2022, nyuma y’uko itujuje ibisabwa kugira ngo yitabire iri rushanwa.”

Hari amakuru avugwa ko impamvu Eritrea itazitabira Tour du Rwanda 2022, ari uko abakinnyi bayo badakingiye icyorezo cya COVID19, bivugwa ko abakina imbere mu gihugu bose nta mu kinnyi n’umwe wigeze wikingiza COVID19, akaba ari yo mpamvu.

Tour du Rwanda igiye kuba ku nshuro ya 14, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yari ku rwego rwa 2.2 kugeza mu 2019 ubwo yegukanwaga na Mugisha Samuel akaba ari we mukinnyi Munyarwanda uheruka kwegukana iri rushanwa.

Isiganwa rya 2022 rizitabirwa n’amakipe 18 , aho u Rwanda ruzaba rufitemo Ikipe y’Igihugu (Team Rwanda) na Benediction Ignite y’i Rubavu.

 

Amakipe 18 azitabira Tour du Rwanda 2022:

Amakipe y’Ibihugu (4): Rwanda, Algérie, Maroc na Grande Bretagne.

Amakipe yo ku migabane (8): Benediction Ignite (Rwanda), Tarteletto Isorex (u Bubiligi), Wildlife (USA), Pro Touch (Afurika y’Epfo), Bike Aid (u Budage), SKS Sauerland (u Budage), Team Coop (Norvege) na TSG Terengganu (Malaysia).

Amakipe yabigize umwuga (6): Team Novo Nordisk (USA), B&B Hotel (France), Drone Hopper Androni (Italie), Team Total Energies (France), Team Burgos BH (Espagne) na Israël Start Up Nation (Israël).

 

Inzira za Tour du Rwanda 2022

  • Agace ka mbere: Tariki ya 20 Gashyantare 2022: Kigali Arena- Kigali Arena (Ibilometero 4,0)
  • Agace ka kabiri: Tariki ya 21 Gashyantare 2022: Kigali- Rwamagana (Ibilometero 148,3)
  • Agace ka gatatu: Tariki ya 22 Gashyantare 2022: Kigali- Rubavu (Ibilometero 155,9)
  • Agace ka kane: Tariki ya 23 Gashyantare 2022: Kigali- Gicumbi (Ibilometero 124,3)
  • Agace ka gatanu: Tariki ya 24 Gashyantare 2022: Muhanga- Musanze (Ibilometero 124,7 )
  • Agace ka gatandatu: Tariki ya 25 Gashyantare 2022: Musanze- Kigali (Ibilometero 152,0)
  • Agace ka karindwi: Tariki ya 26 Gashyantare 2022: Kigali-Gicumbi-Kigali (Ibilometero 152,6)
  • Agace ka munani: Tariki ya 27 Gashyantare 2022: Kigali- Kigali (Ibilometero 75,3)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − five =

Previous Post

Nanjye namuhingisha aho guhinga njyenyine- Ababyeyi bamaganye ibihano byo guhingisha abanyeshuri Imishike

Next Post

Abafana ba Gasogi ngo icyemezo cya KNC cyabashegeshe, baramusaba kwisubiraho

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana ba Gasogi ngo icyemezo cya KNC cyabashegeshe, baramusaba kwisubiraho

Abafana ba Gasogi ngo icyemezo cya KNC cyabashegeshe, baramusaba kwisubiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.