Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwakuye iyi kipe mu Gikombe cy’Amahoro, bwatangaje ko bwisubiyeho bukayigaruramo, ndetse n’umukino wari wimuwe ugatuma ifata iki cyemezo, yemera kuwukina.

Rayon Sports yari yikuye mu Gikombe cy’Amahoro ku wa Gatatu tariki 08 Werurwe nyuma yuko iyi kipe isubikiwe umukino yari ifitanye n’ikipe ya Intare FC, ukimurirwa uyu munsi ku wa Gatanu tariki 10 Werurwe.

Ni icyemezo cyari cyafashwe gikurikiwe n’ibindi yari yakorewe yafashe nko gusuzugurwa birimo gusubika uyu mukino mu buryo butunguranye ndetse n’ibyafashwe nk’amananiza byabanje kubaho birimo kugorwa no kubona ikibuga cyo gukiniraho uyu mukino.

Icyo gihe Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle watangaje iki cyemezo cyo gukura iyi kipe muri iki Gikombe, yari yagize ati “Ubwo bazafate aho twari gukina bakomeze, ubwo uko bazabigira ni bo bakuzi ariko nk’umuryango wa Rayon Sports turifuza ko imigendekere ya football mu Rwanda igomba kunozwa, tuzabiharanira igendere ku mategeko.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe 2023, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko bwisubiyeho kuri iki cyemezo cyo gukura iyi kipe muri iki Gikombe cy’Amahoro.

Ibaruwa yanditswe n’ubu buyobozi ifite impamvu igira iti “Gusubira mu gikombe cy’Amahoro 2023.” Ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku biganiro byabayeho hagati yabwo n’Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Iyi baruwa dufitiye Kopi nka RADIOTV10, ivuga ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwishimiye ibyavuye mu biganiro bwagiranye na FERWAFA.

Iyi baruwa yandikiwe Perezida wa FERWAFA, ikomeza igira iti “Tubandikiye iyi baruwa tubamenyesha ko Rayon Sports FC yemeye gusubira mu irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro 2023.”

Ikipe ya Rayon Sports isanzwe ifite abakunzi benshi mu Rwanda, kuba yari yavuye muri iki Gikombe cy’Amahoro byari byababaje benshi dore ko mu mikino y’iki Gikombe cy’umwaka ushize, yari yagarukiye muri 1/2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

Next Post

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.