Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwari rutegerejwe rwajemo impinduka

radiotv10by radiotv10
05/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwari rutegerejwe rwajemo impinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku bantu 14 biganjemo abakobwa akekwaho kwica, wari utegerejwe kuburana kuri kimwe mu byaha akekwaho, ntiyabonetse ku Rukiko, ndetse urubanza rwe rurasubikwa.

Kazungu Denis wagombaga kuburanira ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, byari biteganyijwe ko urubanza rwe rutangira saa tatu za mu gitondo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024.

Abanyamakuru bari bazindukiye ku cyicaro cy’Urukiko ndetse n’abandi bari baje kumva uru rubanza, ariko bategereza ko Kazungu baraheba, yaba we ndetse n’umwunganizi we ntibahabonetse.

Kazungu Denis akurikiranyweho ibyaha 10 birimo ibishingiye ku bantu 14 biganjemo abakobwa akekwaho kwica, akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye aho yabaga mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaregewe urubanza kuri Kazungu aregwamo gusambanya umugore, ari na rwo yagombaga kuburanishwaho kuri uyu wa Gatanu.

Mu kiganiro RADIOTV10 yagiranye n’Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Mutabazi Harrison kuri uyu wa Kane, yari yavuze ko uretse kuba Kazungu ari buburane kuri uyu wa Gatanu, azanaburana mu cyumweru gitaha tariki 12 Mutarama 2024, mu rundi rubanza aregwamo runarimo ibyo akekwaho byo kwica abantu 14.

Isubikwa ry’uru rubanza ruregwamo Kazungu, ryanaturutse ku busabe bw’Ubushinjacyaha bwasabye ko izi manza zombi zihuzwa, byanashingiweho n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko urubanza ruregwamo Kazungu Denis ruzasubukurwa tariki 12 Mutarama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Karongi: Ibikekwa ku murambo w’umugabo wabonetse mu Kivu wari wabuze ku Bunani

Next Post

Gisagara: Abatishoboye bavuze ibibatungura bikorwa muri gahunda zagenewe kubafasha

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Abatishoboye bavuze ibibatungura bikorwa muri gahunda zagenewe kubafasha

Gisagara: Abatishoboye bavuze ibibatungura bikorwa muri gahunda zagenewe kubafasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.