Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in IMYIDAGADURO
0
Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rutunganya rukanagurisha ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc rubinyujije muri Mutzig, rwazaniye amahirwe abavangamiziki (DJs) bo mu Rwanda mu irushanwa ryiswe ‘Mutzig Amabeats’ riteganyijwemo ibikorwa birimo n’ibitaramo bizazenguruka Igihugu.

Iri rushanwa ryatangijwe tariki 25 Nyakanga 2022 rizamara amezi atatu, kuko rizasoza muri Nzeri aho biteganyijwe kuzakorwa mu byiciro bitatu,

Icyiciro cya mbere kigizwe no guha ikaze aba-DJs bifuza kuzitabira iri rushanwa aho abifuza bose baba abafite izina rikomeye ndetse n’abakizamuka bazatanga agace k’umuziki bavanze [mix] k’iminota itatu kazoherezwa ku rubuga rwa www.mutzigamabeats.rw.

Nyuma yuko iyo Mix zoherejwe kuri uru rubuga, buri gace kazasuzumwa n’abakemurampaka b’inzobere ari na bo bazemeza Mixes zujuje ibisabwa ubundi zishyirwe kuri uru rubuga.

Icyiciro cya kabiri kizaba kigizwe n’amatora azakorwa n’abantu bose babyifuza bazatora azatuma hamenyekana mixes 50 na zo zizemezwa n’inzobere.

Kuva tariki 15 Kanama 2022 kugeza ku ya 02 Nzeri, hazabaho amatora azamara ibyumweru bitatu, aho aya matora azagaragaza aba- DJs 10 ba mbere ari na bo bazatambuka mu cyiciro cya gatatu cya MŰTZIG AMABEATS DJ.

Nyuma yahoo hazabaho ibitaramo bitanu bizazenguruka Igihugu cyose aho aba-DJs babiri bazajya bahangana hagati yabo imbere y’imbaga y’abaturage.

Abazaba bakurikiranye ibi bitaramo ni bo bazajya bemeza umu-DJ witwaye neza kurusha undi ubundi nyuma y’ibi bitaramo haboneke aba-DJs batanu undi bazahurire kuri Final mu gitaramo kizabera mu Mujyi wa Kigali ari na bwo hazaboneka uwegukanye iri rushanwa uzaba ari Umwami cyangwa Umwamikazi wa MŰTZIG AMABEATS.

Uzegukana iri rushanwa azahembwa amasezerano y’umwaka wo kuba umu-Dj wa MŰTZIG DJ, ndetse na babiri bazaba bamukurikiye na bo bakazahembwa ibihembo bishimishije.

Iri rushanwa rizanyuzwa mu kinyobwa cya Mutzig

*******

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Next Post

Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.