Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in Uncategorized
0
Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyapolitiki bazwi muri Uganda, Dr Kizza Besigye na mugenzi we Bobi Wine bamaze kugera i Nairobi muri Kenya aho bagiye kuba indorerezi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Aba bagabo bombi bagiye bahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ariko bagatsindwa na Museveni, ubu biyemeje kujya kureba uko amatora yo muri Kenya azagenda ateganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama.

Dr Kizza Besigye na Bobi Wine bari mu ndorerezi 36 zoherejwe n’umuryango wa Brenthurst Foundation, aho iri tsinda riyobowe n’uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn Boshe.

Mu bandi banyapolitiki bari muri iri tsinda, harimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya NUP (National Unity Platform), David Lewis Rubongoya ndetse n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Urubyiruko mu Nteko Ishinga amategeko, Elone Natamunya.

Bobi Wine yatangaje ko yizeye ko amatora yo muri Kenya azagenda neza. Yagize ati “Turi gusenga kandi dufite icyizere ko amatora azaba mu mucyo no mu mahoro.”

Yaba Bobi Wine ndetse na mugenzi we Dr Kizza Besigye bagiye kuba indorerezo mu matora y’umukuru w’Igihugu muri Kenya, bombi bahatanye na Yoweri Museveni mu matora ariko akagenda abatsinda ariko bombi bagiye bamagana ibyavuye mu matora, bavuga ko bibwe.

Dr Kizza Besigye wanagize imyanya ikomeye mu bitegetsi bwa Uganda, aherutse gutangaza ko Yoweri Museveni ari Umunyapolitiki w’umuhanga ariko ukoresha nabi ubushobozi bwe.

Abanyapolitiki bazwi muri Uganda bagiye kuba indorerezi muri Kenya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

Next Post

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.