Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bosebabireba uherutse kwandika amateka i Burundi ahishuye ibyo ahabonera atabonera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bosebabireba uherutse kwandika amateka i Burundi ahishuye ibyo ahabonera atabonera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunyarwanda uririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, Uwiringiyimana Théogène uzwi nka Theo Bosebabireba uherutse kugaragara mu gitaramo yakoreye i Burundi, yakoranyije imbaga y’Abarundi benshi, yahishuye ko muri iki Gihugu ari ho akunze kubonera imigisha y’amaronko menshi.

Iki gitaramo cyaririmbyemo Theo Bosebabireba, cyateguwe n’Umuryango w’Abanyamerika uzwi nka ALN, cyari cyanatumiwemo umuhanzi w’icyamamare Rose Muhando wo muri Tanzania.

Theo Bosebabireba mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko igiterane nk’iki kimenyerewe kuko gikunze kuba mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika.

Theo Bosebabireba avuga ko uyu muryango wateguye ibitaramo bitandatu muri uyu mwaka wa 2023, kandi ko byose azabiririmbamo.

Ati “Intego y’ibi biterane ni iyo kubwiriza abantu bakihana ibyaha bakizera Kristu ntakindi kiba kigamijwe.”

Yakomeje agira ati “Habamo udushya dutandukanye kuko abitabira ibi biterane babigiriramo umugisha kabiri kuko hatangwa ibintu bitandukanye bagabira abantu amatungo magufi ndetse n’inka habamo naza Tombola za moto, amaradiyo, amafirigo abantu bahakura undi mugisha, bakoresha n’amahugurwa ku ijambo ry’Imana yarangira bagatanga Moto nshya zizajya zibafasha kujya kubwiriza.”

Theo Bosebabireba yakomeje agaragaza ko muri iki gitaramo ari cyo akuramo umugisha mwinshi kurusha ibindi ndetse akaza no ku mufuka hahagaze neza.

Ati “Ni cyo giterane ndirimbamo navuga ko ari mpuruzamahanga gikomeye nkuramo umugisha uruta uwo njya nkura mu bindi biterane ubwo ndavuga amafaranga.”

Theo Bosebabireba avuga ko agira umugisha wo kuba mu biterane nk’ibi bikomeye akunze kuba ari kumwe n’umuhanzikazi w’icyamamare muri Afurika Rose Muhando.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 11 =

Previous Post

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Next Post

Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Related Posts

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.