Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bosebabireba uherutse kwandika amateka i Burundi ahishuye ibyo ahabonera atabonera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bosebabireba uherutse kwandika amateka i Burundi ahishuye ibyo ahabonera atabonera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunyarwanda uririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, Uwiringiyimana Théogène uzwi nka Theo Bosebabireba uherutse kugaragara mu gitaramo yakoreye i Burundi, yakoranyije imbaga y’Abarundi benshi, yahishuye ko muri iki Gihugu ari ho akunze kubonera imigisha y’amaronko menshi.

Iki gitaramo cyaririmbyemo Theo Bosebabireba, cyateguwe n’Umuryango w’Abanyamerika uzwi nka ALN, cyari cyanatumiwemo umuhanzi w’icyamamare Rose Muhando wo muri Tanzania.

Theo Bosebabireba mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko igiterane nk’iki kimenyerewe kuko gikunze kuba mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika.

Theo Bosebabireba avuga ko uyu muryango wateguye ibitaramo bitandatu muri uyu mwaka wa 2023, kandi ko byose azabiririmbamo.

Ati “Intego y’ibi biterane ni iyo kubwiriza abantu bakihana ibyaha bakizera Kristu ntakindi kiba kigamijwe.”

Yakomeje agira ati “Habamo udushya dutandukanye kuko abitabira ibi biterane babigiriramo umugisha kabiri kuko hatangwa ibintu bitandukanye bagabira abantu amatungo magufi ndetse n’inka habamo naza Tombola za moto, amaradiyo, amafirigo abantu bahakura undi mugisha, bakoresha n’amahugurwa ku ijambo ry’Imana yarangira bagatanga Moto nshya zizajya zibafasha kujya kubwiriza.”

Theo Bosebabireba yakomeje agaragaza ko muri iki gitaramo ari cyo akuramo umugisha mwinshi kurusha ibindi ndetse akaza no ku mufuka hahagaze neza.

Ati “Ni cyo giterane ndirimbamo navuga ko ari mpuruzamahanga gikomeye nkuramo umugisha uruta uwo njya nkura mu bindi biterane ubwo ndavuga amafaranga.”

Theo Bosebabireba avuga ko agira umugisha wo kuba mu biterane nk’ibi bikomeye akunze kuba ari kumwe n’umuhanzikazi w’icyamamare muri Afurika Rose Muhando.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − six =

Previous Post

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Next Post

Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Hahishuwe amakuru mpamo ku ifoto yaciye ibintu igaragaza Papa yambaye nk’abasitari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.