Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru ukorera kimwe mu binyamakuru byandika kuri murandasi mu Rwanda, utuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha kijya gusa n’icyo yakoze umwaka ushize wa 2021.

Uyu munyamakuru w’imyaka 40 y’amavuko, asanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, ari na ho yafatiwe nyuma yo gukubita umugabo mugenzi we w’imyaka 45.

Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mu gikorwa cyo gukubita inkoni mu mutwe uyu mugabo akamukomeretsa.

Ikinyamakuru Taarifa, cyemeje aya makuru ko uyu munyamakuru ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Ntarama mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2021, uyu munyamakuru yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibikorwa by’urugomo yari yakoreye umuturage wacuruzaga inyama, yashumurije imbwa ngo irye ibyo bicuruzwa bye, ndetse akanamukubita.

Urwego w’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rucumbikiye uyu mugabo usanzwe ari Umunyamakuru kugira ngo rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwanenze imyitwarire y’uyu munyamakuru kuko ubusanzwe umuntu ukora uyu mwuga aba akwiye kuzirikana ko ari indorerwamo ya rubanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel yagize ati “Umunyamakuru aba agomba kumenya ko ari ikitegererezo cya benshi, akibuka ko abaturage bamufata nk’umuntu akomeye bityo akirinda icyashyira icyasha kuri we ndetse no ku mwuga akora.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jackhan says:
    3 years ago

    Richard arayanditse kabsa! Kuba kera ajyira amahane bazabaze twe duturanye nawe! Icyibazo ejo baramurekura dore ko ayo makosa ayakora muri munsi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Next Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.