Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru ukorera kimwe mu binyamakuru byandika kuri murandasi mu Rwanda, utuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha kijya gusa n’icyo yakoze umwaka ushize wa 2021.

Uyu munyamakuru w’imyaka 40 y’amavuko, asanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, ari na ho yafatiwe nyuma yo gukubita umugabo mugenzi we w’imyaka 45.

Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mu gikorwa cyo gukubita inkoni mu mutwe uyu mugabo akamukomeretsa.

Ikinyamakuru Taarifa, cyemeje aya makuru ko uyu munyamakuru ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Ntarama mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2021, uyu munyamakuru yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibikorwa by’urugomo yari yakoreye umuturage wacuruzaga inyama, yashumurije imbwa ngo irye ibyo bicuruzwa bye, ndetse akanamukubita.

Urwego w’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rucumbikiye uyu mugabo usanzwe ari Umunyamakuru kugira ngo rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwanenze imyitwarire y’uyu munyamakuru kuko ubusanzwe umuntu ukora uyu mwuga aba akwiye kuzirikana ko ari indorerwamo ya rubanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel yagize ati “Umunyamakuru aba agomba kumenya ko ari ikitegererezo cya benshi, akibuka ko abaturage bamufata nk’umuntu akomeye bityo akirinda icyashyira icyasha kuri we ndetse no ku mwuga akora.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jackhan says:
    3 years ago

    Richard arayanditse kabsa! Kuba kera ajyira amahane bazabaze twe duturanye nawe! Icyibazo ejo baramurekura dore ko ayo makosa ayakora muri munsi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Next Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.