• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru ukorera kimwe mu binyamakuru byandika kuri murandasi mu Rwanda, utuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha kijya gusa n’icyo yakoze umwaka ushize wa 2021.

Uyu munyamakuru w’imyaka 40 y’amavuko, asanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, ari na ho yafatiwe nyuma yo gukubita umugabo mugenzi we w’imyaka 45.

Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mu gikorwa cyo gukubita inkoni mu mutwe uyu mugabo akamukomeretsa.

Ikinyamakuru Taarifa, cyemeje aya makuru ko uyu munyamakuru ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Ntarama mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2021, uyu munyamakuru yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibikorwa by’urugomo yari yakoreye umuturage wacuruzaga inyama, yashumurije imbwa ngo irye ibyo bicuruzwa bye, ndetse akanamukubita.

Urwego w’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rucumbikiye uyu mugabo usanzwe ari Umunyamakuru kugira ngo rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwanenze imyitwarire y’uyu munyamakuru kuko ubusanzwe umuntu ukora uyu mwuga aba akwiye kuzirikana ko ari indorerwamo ya rubanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel yagize ati “Umunyamakuru aba agomba kumenya ko ari ikitegererezo cya benshi, akibuka ko abaturage bamufata nk’umuntu akomeye bityo akirinda icyashyira icyasha kuri we ndetse no ku mwuga akora.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jackhan says:
    4 years ago

    Richard arayanditse kabsa! Kuba kera ajyira amahane bazabaze twe duturanye nawe! Icyibazo ejo baramurekura dore ko ayo makosa ayakora muri munsi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fourteen =

Previous Post

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

Next Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.