Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ku nshuro ya gatandatu habaye ibi bitaramo by’iserukiramuco rya MTN Iwacu Muzika Festival, bikaba ku nshuro ya gatatu MTN Rwanda ari umufatanyabikorwa mukuru wabyo.

Ku cyabanjirije ibindi by’uyu mwaka, cyabereye i Musanze ku ya 05 Nyakanga 2025, abahanzi batoranyijwe uko ari barindwi bari babukereye.

Twihuse ku rubyiniro habanje Ariel Wayz ari na we mukobwa rukumbi uri kumwe n’abasore batandatu ni Ariel Wayz watangiranye imbaraga nyinshi mu ndirimbo ze ziganjemo izo hambere zakunzwe na benshi.

Ageze hagati, imvura yajojobye hafi 1/4 cy’abitabiriye igitaramo bajya kugama, gusa uyu mukobwa ntibyamuciye intege yakomeje gukora iyo bwabaga ahikura gitwari.

Hakurikiyeho Kivumbi King umusore w’ijwi riremereye, wari wambaye umwambaro yavuze ko ari uw’Inkotanyi, maze na we yinjirana imbaraga nyinshi, abafana baramukundira bajyana na we mu ndirimbo wumvaga ko zizwi n’abatari bacye.

Nyuma ya Kivumbi haje Nel Ngabo, umusore ukiri muto c mu myambaro nk’iy’abatwara ibinyabiziga bya moto mu buryo bwo kwinezeza.

Mu ndirimbo ze zakunzwe nka Zoli, Nywe, Bazatwibuka n’izindi, uyu musore yashimishije benshi barimo na Clement usanzwe ari umujyanama muri Kina Music uyu Nel Ngabo abarizwamo.

Juno Kizigenza uherutse kwizihiza imyaka itanu mu muziki, ni we wakurikiyeho mu mbaraga zidasanzwe, yahagurukije imbaga yari iri muri Sitade Ubworoherane, maze mu ndirimbo ze ziganjemo izakunzwe, aratarama biratinda. Uyu musore mu gusoza yahamagaye Bull Dog ngo baririmbane iyo bisi ‘Puta’.

Bull Dog yafatiyeho ashyigikiwe bikomeye n’abakunzi ba Hip Hop, ageze hagati yibutsa abantu ko kuri iyi tariki ari isabukuru ya Jay Pol witabye Imana mu myaka isaga ine ishize.

Bidatinze Riderman yahise azamuka ku rubyiniro ahera ku ndirimbo ye ‘Mambata’. Yari amenyereweho kwitwaza Karigombe ngo amufashe, gusa kuri iyi nshuro yazanye umuvandimwe we, yaboneyeho no gutangaza ko ari kumumenyereza ngo kuko na we asanzwe ari umuhanzi ukizamuka.

Igitaramo cyasojwe na King James wagaragaje ko koko ari umuhanzi mukuru kandi ufite abafana benshi mu ndirimbo ze ziganjemo iz’urukundo.

Kubera ubwinshi bw’indirimbo ze, King James yanyuzagamo akaririmba agace gato cyane k’indirimbo atari yashyize ku rutonde rw’izo yateguye kuririrmba, ibintu yahuriyeho na Riderman.

Ni igitaramo cyagaragaje ko abahanzi bafite ishyaka n’inyota byo gutanga ibyo abafana babo babitezeho, aho buri wese yagaragazaga ko ashaka kwemeza abakunzi ba muzika. Igitaramo gikurikira kizabera i Gicumbi ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, tariki 12 Nyakanga 2025.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Next Post

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.