Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ku nshuro ya gatandatu habaye ibi bitaramo by’iserukiramuco rya MTN Iwacu Muzika Festival, bikaba ku nshuro ya gatatu MTN Rwanda ari umufatanyabikorwa mukuru wabyo.

Ku cyabanjirije ibindi by’uyu mwaka, cyabereye i Musanze ku ya 05 Nyakanga 2025, abahanzi batoranyijwe uko ari barindwi bari babukereye.

Twihuse ku rubyiniro habanje Ariel Wayz ari na we mukobwa rukumbi uri kumwe n’abasore batandatu ni Ariel Wayz watangiranye imbaraga nyinshi mu ndirimbo ze ziganjemo izo hambere zakunzwe na benshi.

Ageze hagati, imvura yajojobye hafi 1/4 cy’abitabiriye igitaramo bajya kugama, gusa uyu mukobwa ntibyamuciye intege yakomeje gukora iyo bwabaga ahikura gitwari.

Hakurikiyeho Kivumbi King umusore w’ijwi riremereye, wari wambaye umwambaro yavuze ko ari uw’Inkotanyi, maze na we yinjirana imbaraga nyinshi, abafana baramukundira bajyana na we mu ndirimbo wumvaga ko zizwi n’abatari bacye.

Nyuma ya Kivumbi haje Nel Ngabo, umusore ukiri muto c mu myambaro nk’iy’abatwara ibinyabiziga bya moto mu buryo bwo kwinezeza.

Mu ndirimbo ze zakunzwe nka Zoli, Nywe, Bazatwibuka n’izindi, uyu musore yashimishije benshi barimo na Clement usanzwe ari umujyanama muri Kina Music uyu Nel Ngabo abarizwamo.

Juno Kizigenza uherutse kwizihiza imyaka itanu mu muziki, ni we wakurikiyeho mu mbaraga zidasanzwe, yahagurukije imbaga yari iri muri Sitade Ubworoherane, maze mu ndirimbo ze ziganjemo izakunzwe, aratarama biratinda. Uyu musore mu gusoza yahamagaye Bull Dog ngo baririmbane iyo bisi ‘Puta’.

Bull Dog yafatiyeho ashyigikiwe bikomeye n’abakunzi ba Hip Hop, ageze hagati yibutsa abantu ko kuri iyi tariki ari isabukuru ya Jay Pol witabye Imana mu myaka isaga ine ishize.

Bidatinze Riderman yahise azamuka ku rubyiniro ahera ku ndirimbo ye ‘Mambata’. Yari amenyereweho kwitwaza Karigombe ngo amufashe, gusa kuri iyi nshuro yazanye umuvandimwe we, yaboneyeho no gutangaza ko ari kumumenyereza ngo kuko na we asanzwe ari umuhanzi ukizamuka.

Igitaramo cyasojwe na King James wagaragaje ko koko ari umuhanzi mukuru kandi ufite abafana benshi mu ndirimbo ze ziganjemo iz’urukundo.

Kubera ubwinshi bw’indirimbo ze, King James yanyuzagamo akaririmba agace gato cyane k’indirimbo atari yashyize ku rutonde rw’izo yateguye kuririrmba, ibintu yahuriyeho na Riderman.

Ni igitaramo cyagaragaje ko abahanzi bafite ishyaka n’inyota byo gutanga ibyo abafana babo babitezeho, aho buri wese yagaragazaga ko ashaka kwemeza abakunzi ba muzika. Igitaramo gikurikira kizabera i Gicumbi ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, tariki 12 Nyakanga 2025.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Next Post

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.