Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yasobanuye birambuye ifungwa rya General Alain Guillaume Bunyoni, inatangaza aho afungiye ndetse na bimwe mu byaha akurikiranyweho birimo ibifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, cyarimo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana ndetse n’Umuvugizi w’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana, yatangaje ko General Alain Guillaume Bunyoni ubu afungiye muri kasho z’Urwego rushinzwe Iperereza mu Burundi SNR (Service National de Renseignement).

Aba bavugizi b’inzego zikomeye mu Burundi, babwiye Abanyamakuru kandi ko Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse no gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Inkuru y’ibyaha bikekwa kuri Bunyoni, yatangiye kuvugwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’iperereza zajyaga gusaka urugo rw’uyu munyapolitiki, byavugwaga ko iwe hashobora kuba hahishe amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze.

Genera Bunyoni yatawe muri yombi tariki 21 Mata nkuko byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Burundi, Sylvestre Nyandwi, wavuze ko yafatiwe mu gace ka Nyamuzi, muri Komini ya Kabezi mu ntara ya Bujumbura, aho yari yihishe.

Minisitiri w’Itumanaho, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, ubwo yagarukaga ku makuru yavuzwe kuri Bunyoni mu cyumweru gishize, yagize ati “Tuvuye mu cyumweru gishyushye cyaranzwe n’ibihuha byinshi.”

Yaboneyeho gushimira ibitangazamakuru byo mu Burundi, bitaguye mu mutego w’ayo makuru y’ibihuha, bikirinda gutangaza amakuru adafitiwe gihamya.

Muri kiriya cyumweru kandi, hari amakuru yavugaga ko Bunyoni ashobora kuba yaramaze gutoroka Igihugu agahungira muri Tanzania.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + four =

Previous Post

Hakomeje gutahurwa ibimenyetso bibabaje ku Mupasiteri wicisha abantu inzara abizeza kubageza kwa Yesu

Next Post

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.