Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yasobanuye birambuye ifungwa rya General Alain Guillaume Bunyoni, inatangaza aho afungiye ndetse na bimwe mu byaha akurikiranyweho birimo ibifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, cyarimo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana ndetse n’Umuvugizi w’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana, yatangaje ko General Alain Guillaume Bunyoni ubu afungiye muri kasho z’Urwego rushinzwe Iperereza mu Burundi SNR (Service National de Renseignement).

Aba bavugizi b’inzego zikomeye mu Burundi, babwiye Abanyamakuru kandi ko Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse no gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Inkuru y’ibyaha bikekwa kuri Bunyoni, yatangiye kuvugwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’iperereza zajyaga gusaka urugo rw’uyu munyapolitiki, byavugwaga ko iwe hashobora kuba hahishe amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze.

Genera Bunyoni yatawe muri yombi tariki 21 Mata nkuko byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Burundi, Sylvestre Nyandwi, wavuze ko yafatiwe mu gace ka Nyamuzi, muri Komini ya Kabezi mu ntara ya Bujumbura, aho yari yihishe.

Minisitiri w’Itumanaho, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, ubwo yagarukaga ku makuru yavuzwe kuri Bunyoni mu cyumweru gishize, yagize ati “Tuvuye mu cyumweru gishyushye cyaranzwe n’ibihuha byinshi.”

Yaboneyeho gushimira ibitangazamakuru byo mu Burundi, bitaguye mu mutego w’ayo makuru y’ibihuha, bikirinda gutangaza amakuru adafitiwe gihamya.

Muri kiriya cyumweru kandi, hari amakuru yavugaga ko Bunyoni ashobora kuba yaramaze gutoroka Igihugu agahungira muri Tanzania.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fifteen =

Previous Post

Hakomeje gutahurwa ibimenyetso bibabaje ku Mupasiteri wicisha abantu inzara abizeza kubageza kwa Yesu

Next Post

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.