Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Bwa mbere Guverinoma yavuze aho Bunyoni afungiye n’ibyo akurikiranyweho birimo ibitakekwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burundi yasobanuye birambuye ifungwa rya General Alain Guillaume Bunyoni, inatangaza aho afungiye ndetse na bimwe mu byaha akurikiranyweho birimo ibifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, cyarimo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana ndetse n’Umuvugizi w’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana, yatangaje ko General Alain Guillaume Bunyoni ubu afungiye muri kasho z’Urwego rushinzwe Iperereza mu Burundi SNR (Service National de Renseignement).

Aba bavugizi b’inzego zikomeye mu Burundi, babwiye Abanyamakuru kandi ko Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse no gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Inkuru y’ibyaha bikekwa kuri Bunyoni, yatangiye kuvugwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’iperereza zajyaga gusaka urugo rw’uyu munyapolitiki, byavugwaga ko iwe hashobora kuba hahishe amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze.

Genera Bunyoni yatawe muri yombi tariki 21 Mata nkuko byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Burundi, Sylvestre Nyandwi, wavuze ko yafatiwe mu gace ka Nyamuzi, muri Komini ya Kabezi mu ntara ya Bujumbura, aho yari yihishe.

Minisitiri w’Itumanaho, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, ubwo yagarukaga ku makuru yavuzwe kuri Bunyoni mu cyumweru gishize, yagize ati “Tuvuye mu cyumweru gishyushye cyaranzwe n’ibihuha byinshi.”

Yaboneyeho gushimira ibitangazamakuru byo mu Burundi, bitaguye mu mutego w’ayo makuru y’ibihuha, bikirinda gutangaza amakuru adafitiwe gihamya.

Muri kiriya cyumweru kandi, hari amakuru yavugaga ko Bunyoni ashobora kuba yaramaze gutoroka Igihugu agahungira muri Tanzania.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Hakomeje gutahurwa ibimenyetso bibabaje ku Mupasiteri wicisha abantu inzara abizeza kubageza kwa Yesu

Next Post

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Related Posts

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuvandimwe w’umuntu umwe warokotse impanuka y’indege yahitanye abagenzi 241 mu Buhindi, yavuze ko akimara kurokoka yahamagaye umubyeyi we akamubwira ko...

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

by radiotv10
12/06/2025
0

Abasirikare ba Afurika y’Epfo bari boherejwe mu butumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barasubira mu Gihugu cyabo,...

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

by radiotv10
11/06/2025
0

Umunyemari rurangiranwa ku Isi, Elon Musk uherutse guterana amagambo na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Rurangiranwa wa mbere ku Isi yagaragaje indi mpano abantu barumirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.