Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in Uncategorized
0
Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere akarasisi n’umwiyereko by’Ingabo z’u Rwanda, kakozwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda kitavangiye kuva ku ijambo rya mbere kugeza ku rya nyuma, mu gihe byari bimenyerewe mu Kiswahili n’icyongereza.

Ubusanzwe akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’abazinjiyemo, kabaga mu rurimi rw’Ikiswahili ndetse n’icyongereza gicye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, ubwo abasirikare b’Abofisiye 624 basoje amasomo n’imyitozo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare cya Gako, umwiyereko k’akarasisi k’aba basirikare, byakozwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda gusa.

Yaba abari bayoboye uyu mwiyereko wa gisirikare ndetse n’aka karasisi, bavugaga amagambo yose mu Kinyarwanda, ndetse n’abamwikiriza bose, bakamwikiriza mu Kinyarwanda, ariko mu ijwi ryo mu gituza, nk’irya gisirikare.

Ni igikorwa cyanyuze Abanyarwanda benshi, bagiye babigaragariza ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko bishimangira agaciro ururimi rw’Ikinyarwanda ruhabwa muri bene rwo, ndetse no gukomeza kwigira k’u Rwanda.

Muri Kamena 2019, ubwo Perezida Paul Kagame yasozaga Itorero Indangamirwa ryabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro, yibukije urubyiruko kwihatira gukoresha Ururimi rw’Ikinyarwanda kandi neza.

Abofisiye basoje amasomo n’imyitozo uyu munsi, ni 624 barimo abakobwa 51. Aba binjiye mu gisirikare cy’u Rwanda, bari mu byiciro bitatu, birimo icy’abasirikare 102 bize amasomo y’umwuga wa gisirikare, babifatanyije n’amasomo yabahesheje icyiciro cya kabiri cya kaminuza, aho basoje mu mashami arimo Ubuhanga mu bya gisirikare n’ubumenyamuntu, iry’ubuvuzi, ndetse n’ishami ry’ubuhanga mu by’ubukanishi n’ingufu.

Hari kandi icyiciro cy’abasirikare 522 bize umwaka umwe mu masomo ajyanye n’umwuga wa gisirikare gusa, barimo 355 bari basanzwe ari abasirikare bato, n’abandi 167 bari basanzwe ari abasivile bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Hakaba n’icyiciro cy’abasirikare b’Abofisiye 53 bize mu mashuri ya gisirikare mu Bihugu by’Inshuti by’u Rwanda.

Ku isaaha ya saa sita na mirongo ine n’itanu (12:45’), ni bwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga, yatangaje ku mugaragaro ko nk’uko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rimuha ububasha, ahaye ipeti rya Sous Lieutenant aba basirikare.

Perezida Kagame ubwo yageraga ahabereye iki gikorwa

Harimo abakobwa 53

Habaye akarasisi kanogeye ijisho

Photos/ RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + thirteen =

Previous Post

Perezida Kagame yibukije ibiranga RDF byaha isomo abifuza gushoza intambara ku Rwanda ko byarangira bicujije

Next Post

IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

IFOTO: Umujenerali w'Umunya-Kenya wayoboye ingabo z'ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.