• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in Uncategorized
0
Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere akarasisi n’umwiyereko by’Ingabo z’u Rwanda, kakozwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda kitavangiye kuva ku ijambo rya mbere kugeza ku rya nyuma, mu gihe byari bimenyerewe mu Kiswahili n’icyongereza.

Ubusanzwe akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’abazinjiyemo, kabaga mu rurimi rw’Ikiswahili ndetse n’icyongereza gicye.

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, ubwo abasirikare b’Abofisiye 624 basoje amasomo n’imyitozo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare cya Gako, umwiyereko k’akarasisi k’aba basirikare, byakozwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda gusa.

Yaba abari bayoboye uyu mwiyereko wa gisirikare ndetse n’aka karasisi, bavugaga amagambo yose mu Kinyarwanda, ndetse n’abamwikiriza bose, bakamwikiriza mu Kinyarwanda, ariko mu ijwi ryo mu gituza, nk’irya gisirikare.

Ni igikorwa cyanyuze Abanyarwanda benshi, bagiye babigaragariza ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko bishimangira agaciro ururimi rw’Ikinyarwanda ruhabwa muri bene rwo, ndetse no gukomeza kwigira k’u Rwanda.

Muri Kamena 2019, ubwo Perezida Paul Kagame yasozaga Itorero Indangamirwa ryabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro, yibukije urubyiruko kwihatira gukoresha Ururimi rw’Ikinyarwanda kandi neza.

Abofisiye basoje amasomo n’imyitozo uyu munsi, ni 624 barimo abakobwa 51. Aba binjiye mu gisirikare cy’u Rwanda, bari mu byiciro bitatu, birimo icy’abasirikare 102 bize amasomo y’umwuga wa gisirikare, babifatanyije n’amasomo yabahesheje icyiciro cya kabiri cya kaminuza, aho basoje mu mashami arimo Ubuhanga mu bya gisirikare n’ubumenyamuntu, iry’ubuvuzi, ndetse n’ishami ry’ubuhanga mu by’ubukanishi n’ingufu.

Hari kandi icyiciro cy’abasirikare 522 bize umwaka umwe mu masomo ajyanye n’umwuga wa gisirikare gusa, barimo 355 bari basanzwe ari abasirikare bato, n’abandi 167 bari basanzwe ari abasivile bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Hakaba n’icyiciro cy’abasirikare b’Abofisiye 53 bize mu mashuri ya gisirikare mu Bihugu by’Inshuti by’u Rwanda.

Ku isaaha ya saa sita na mirongo ine n’itanu (12:45’), ni bwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga, yatangaje ku mugaragaro ko nk’uko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rimuha ububasha, ahaye ipeti rya Sous Lieutenant aba basirikare.

Perezida Kagame ubwo yageraga ahabereye iki gikorwa

Harimo abakobwa 53

Habaye akarasisi kanogeye ijisho

Photos/ RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seventeen =

Previous Post

Perezida Kagame yibukije ibiranga RDF byaha isomo abifuza gushoza intambara ku Rwanda ko byarangira bicujije

Next Post

IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

IFOTO: Umujenerali w'Umunya-Kenya wayoboye ingabo z'ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.