Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bwa mbere mu Rwanda abari n’abategarugori bagiye kurushanwa mu mukino umenyerewe ku bagabo

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere mu Rwanda abari n’abategarugori bagiye kurushanwa mu mukino umenyerewe ku bagabo
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa mu mukino wa Billard y’umwihariko w’igitsinagore mu rwego rwo kugira ngo na bo barusheho kwiyumvamo uyu mukino umenyerewe ku basore n’abagabo.

Biteganyijwe ko iri rushanwa rizabera mu Karere ka Kicukiro tariki ya 30 Ugushyingo 2024 ahitwa Signal Game Zone.

Abateguye iri rushanwa, bavuga umokobwa cyangwa umugore uzitabira iri rushanwa, ntacyo asabwa kugira ngo azitabire, ahubwo ko icy’ingenzi ari uko we azaba azi gukina uyu mukino.

Mu guhemba, batatu ba mbere ni bo bazahabwa ibihembo bikurikira:

  1. Uwa mbere azahabwa amafaranga angana n’ibihumbi Magana abiri (200 000 Fw)
  2. Uwa kabiri azahembwa ibihumbi ijana (100 000 Frw)
  3. Uwa gatatu azahembwa ibihumbi mirongo itanu (50 000 Frw)

Abakinnyi babiri bahanganye bazajya bakina imikino 3, ubashije gutsinda myinshi abe ari we ukomeza mu cyiciro kisumbuyeho.

Gutombora kw’abakinnyi bizatangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri.

Robin Ndayambaje wateguye iri rushanwa, avuga ko yabikoze agamije guteza imbere uyu mukino ariko mu cyiciro cy’abagore kuko badakunze kwibona muri uyu mukino, kandi ari mwiza unashobora gutuma umuntu yiteza imbere.

Ati “Abagore usanga barishyizemo ko uyu mukino ari uw’abagabo gusa, kandi mu by’ukuri na bo bakabaye bawukina kugira ngo ubagirire umumaro. Nk’ubu habaho amarushanwa mpuzamahanga yabo kandi usanga abajya kuyitabira bakuramo n’inyungu z’amafaranga.”

Kuri uriya munsi w’amarushanwa hazaba hari n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, birimo abahanzi bazasusurutsa abantu, ndetse n’abavangavanga imiziki [Djs] b’amazina azwi mu Rwanda.

Abari na bo bagiye guhatana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima

Next Post

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Related Posts

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

IZIHERUKA

Eng.-What caused the RDF drone accident?
MU RWANDA

Eng.-What caused the RDF drone accident?

by radiotv10
17/09/2025
0

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.