Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bwa mbere mu Rwanda abari n’abategarugori bagiye kurushanwa mu mukino umenyerewe ku bagabo

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere mu Rwanda abari n’abategarugori bagiye kurushanwa mu mukino umenyerewe ku bagabo
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa mu mukino wa Billard y’umwihariko w’igitsinagore mu rwego rwo kugira ngo na bo barusheho kwiyumvamo uyu mukino umenyerewe ku basore n’abagabo.

Biteganyijwe ko iri rushanwa rizabera mu Karere ka Kicukiro tariki ya 30 Ugushyingo 2024 ahitwa Signal Game Zone.

Abateguye iri rushanwa, bavuga umokobwa cyangwa umugore uzitabira iri rushanwa, ntacyo asabwa kugira ngo azitabire, ahubwo ko icy’ingenzi ari uko we azaba azi gukina uyu mukino.

Mu guhemba, batatu ba mbere ni bo bazahabwa ibihembo bikurikira:

  1. Uwa mbere azahabwa amafaranga angana n’ibihumbi Magana abiri (200 000 Fw)
  2. Uwa kabiri azahembwa ibihumbi ijana (100 000 Frw)
  3. Uwa gatatu azahembwa ibihumbi mirongo itanu (50 000 Frw)

Abakinnyi babiri bahanganye bazajya bakina imikino 3, ubashije gutsinda myinshi abe ari we ukomeza mu cyiciro kisumbuyeho.

Gutombora kw’abakinnyi bizatangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri.

Robin Ndayambaje wateguye iri rushanwa, avuga ko yabikoze agamije guteza imbere uyu mukino ariko mu cyiciro cy’abagore kuko badakunze kwibona muri uyu mukino, kandi ari mwiza unashobora gutuma umuntu yiteza imbere.

Ati “Abagore usanga barishyizemo ko uyu mukino ari uw’abagabo gusa, kandi mu by’ukuri na bo bakabaye bawukina kugira ngo ubagirire umumaro. Nk’ubu habaho amarushanwa mpuzamahanga yabo kandi usanga abajya kuyitabira bakuramo n’inyungu z’amafaranga.”

Kuri uriya munsi w’amarushanwa hazaba hari n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, birimo abahanzi bazasusurutsa abantu, ndetse n’abavangavanga imiziki [Djs] b’amazina azwi mu Rwanda.

Abari na bo bagiye guhatana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seven =

Previous Post

Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima

Next Post

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.