Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe mu Rwanda hashize iminsi micye amasaha y’utubyiniro n’utubari agabanyijwe, hagiye gutangira akabyiniro k’abarokore kiswe ‘Gospel Club’ aho bazajya bahurira bagasabana bakabyina bigashyira cyera.

Ubusanzwe ucyumva ijambo akabyiniro wumva ‘Night Club’ cyangwa ‘Boite de nuit’ ahantu hahurira abantu batandukanye biganjemo urubyiruko bakabyina bananywa inzoga n’ibindi bijyana na zo. None mu kabyiniro k’abarokore hazaberayo ibiki?

Umwe mu bari gutegura ‘Gospel Club’, asobanura ko impamvu ari uko abarokore nyuma yo ku kuva mu rusengero batagira ahantu ho kwidagadurira bumva indirimbo zo guhimbaza.

Ati “Abantu bo mu rusengero iyo bavuyeyo ntahandi bagira ho gusohokera bigatuma bifata ntibagire ubundi busabane. Akenshi ni ho haturuka agahinda gakabije (Depression) kandi twitwa abizera, rero ni umwanya mwiza wo kugira ngo bahure basangire ariko banaramya Imana.”

Yakomeje asobanura ko ari ahantu hazajya hahurira abahanzi bakora indirimbo zisanzwe n’izo guhimbaza Imana, kandi ngo bazajya bafatanya baririmbe indirimbo zo guhimbaza Imana cyane ko na bo baba bafite amadini babarizwamo.

Abajijwe icyo abazaza bazanywa cyane ko mu tubyiniro haba ibisindisha, yasobisobanuye muri aya magambo, ati “Buri rugo rugira amahame yarwo, twebwe ntabwo tuzanywa inzoga cyangwa ibindi bisindisha, tuzajya tunywa imitobe, icyayi, ibyo kunywa byoroheje bizatuma abantu basangira bagasabana.”

Akabyirino k’abarokore ‘Gopel Club’ kazajya kaba buri wa Gatanu wa mbere w’ukwezi, kuri Saint Paul mu mujyi rwagati, aho biteganyijwe ko baratangirana n’uyu wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Patrick Niyomana says:
    2 years ago

    Akabyiniro kigikoma nicyayi konumva gatangaje😂😂😂
    Mutugerere aho nibera rwase

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eleven =

Previous Post

Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya

Next Post

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y’abapolisi babiri b’u Rwanda

Related Posts

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n'umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura...

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, nyuma y’isakara ry’amashusho y’urukozasoni agaragaramo, we akomeje kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise ‘Samalaya’, aho noneho yisunze abarimo Umuvangamiziki...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

by radiotv10
10/11/2025
0

Nyuma yuko hagiye hanze amashusho y’umuhanzi Yampano, akomeje kuzamura impaka, amakuru aravuga ko kujya hanze kwayo bishobora kuba bifitwemo ukuboko...

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

by radiotv10
10/11/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi Micky n’umukunzi we AG Promoter, basanzwe bazwiho imikino imenyerewe nka ‘Prank’, bamaze impungenge abashobora gukeka ko kwambikana...

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze...

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y'abapolisi babiri b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.