Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Bwa mbere mu Rwanda hagiye kubaho akabyiniro k’abo mu idini ridakozwa iby’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe mu Rwanda hashize iminsi micye amasaha y’utubyiniro n’utubari agabanyijwe, hagiye gutangira akabyiniro k’abarokore kiswe ‘Gospel Club’ aho bazajya bahurira bagasabana bakabyina bigashyira cyera.

Ubusanzwe ucyumva ijambo akabyiniro wumva ‘Night Club’ cyangwa ‘Boite de nuit’ ahantu hahurira abantu batandukanye biganjemo urubyiruko bakabyina bananywa inzoga n’ibindi bijyana na zo. None mu kabyiniro k’abarokore hazaberayo ibiki?

Umwe mu bari gutegura ‘Gospel Club’, asobanura ko impamvu ari uko abarokore nyuma yo ku kuva mu rusengero batagira ahantu ho kwidagadurira bumva indirimbo zo guhimbaza.

Ati “Abantu bo mu rusengero iyo bavuyeyo ntahandi bagira ho gusohokera bigatuma bifata ntibagire ubundi busabane. Akenshi ni ho haturuka agahinda gakabije (Depression) kandi twitwa abizera, rero ni umwanya mwiza wo kugira ngo bahure basangire ariko banaramya Imana.”

Yakomeje asobanura ko ari ahantu hazajya hahurira abahanzi bakora indirimbo zisanzwe n’izo guhimbaza Imana, kandi ngo bazajya bafatanya baririmbe indirimbo zo guhimbaza Imana cyane ko na bo baba bafite amadini babarizwamo.

Abajijwe icyo abazaza bazanywa cyane ko mu tubyiniro haba ibisindisha, yasobisobanuye muri aya magambo, ati “Buri rugo rugira amahame yarwo, twebwe ntabwo tuzanywa inzoga cyangwa ibindi bisindisha, tuzajya tunywa imitobe, icyayi, ibyo kunywa byoroheje bizatuma abantu basangira bagasabana.”

Akabyirino k’abarokore ‘Gopel Club’ kazajya kaba buri wa Gatanu wa mbere w’ukwezi, kuri Saint Paul mu mujyi rwagati, aho biteganyijwe ko baratangirana n’uyu wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Patrick Niyomana says:
    2 years ago

    Akabyiniro kigikoma nicyayi konumva gatangaje😂😂😂
    Mutugerere aho nibera rwase

    Reply

Leave a Reply to Patrick Niyomana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − eight =

Previous Post

Hamenyekanye ukuri kw’amashusho y’uwiswe Umupasiteri wagaragaye yagaza Intare yigana ibitangaza byo muri Bibiliya

Next Post

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y’abapolisi babiri b’u Rwanda

Related Posts

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

by radiotv10
21/03/2026
0

Umuhanzi Ngombwa Timothée wahanze zimwe mu ndirimbo z’urugamba rwo kwibohora, yitabye Imana ku myaka 80 y’amavuko. Uyu musaza uri mu...

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

by radiotv10
19/03/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye ku izina rya Ishanga, nyuma y’igitaramo Doja Cat aherutse gukorera i Kigali, yasabye abakristu bakitabiriye kugisabira imbabazi...

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

by radiotv10
18/03/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abantu kuzamura imyumvire ntibakomeze kwibaza ku myambarire umuhanzi Doja Cat yagaragayemo...

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

by radiotv10
18/03/2026
0

Mutoni Assia wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko uzwi mu y'uruhererekane ya Seburikoko, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ine agiye...

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Ndayisaba Leonidas watangiye akazi kuri RADIOTV10, yavuze ko gukorera iki gitangazamakuru, ari amahirwe adasanzwe, kuko iyi radio iri mu...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura
MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

25/03/2026
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

25/03/2026
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

25/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y'abapolisi babiri b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.