Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ku bacancuro bari muri DRC ababurira hakiri kare

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in POLITIKI, UMUTEKANO
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ku bacancuro bari muri DRC ababurira hakiri kare

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageneye ubutumwa Igihugu kiyambaje abacancuro, avuga ko ibibazo gisanganywe bizikuba inshuro nyinshi, anavuga kandi ko u Rwanda rufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo gukura mu nzira ikibazo cy’abo barwanyi igihe baba bifashishwe mu guhungabanya umutekano warwo.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023 ubwo yongeraga kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishingiye ku birego by’ibinyoma iki Gihugu gishinja u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko abakomeje kwegekwa ku Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birengagiza umuzi w’ikibazo nyirizina.

Avuga ko ikibazo nyirizina ari na cyo cyatumye impunzi z’Abanyekongo zihungira mu Rwanda, none yaba Igihugu cyabo ndetse n’ibigishyigikiye mu mugambi wo gushinja u Rwanda ibinyoma, bakaba barabuze icyo bakorera izi mpunzi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko uretse amahoro aba Banyekongo baburiye mu Gihugu cyabo kubera imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, ariko no kuba aba Banyekongo bitwa Abanyarwanda, atari ikibazo cy’u Rwanda.

Muri ubu butumwa yageneraga umuryango mpuzamahanga, yagize ati “Ni ikibazo kinini kuri mwe kuruta uko ari ikibazo kuri njye, ariko sinemera ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera uyu mutwaro ruhora rucunagurizwaho, rutukirwa umunsi ku wundi.”

Yakomeje agira ati “Mubafate mubajyane aho mushaka cyangwa mubajyane iwabo mubarindiriyo umutekano.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uretse ko mu bo bazabarinda harimo n’ubutegetsi bw’iki Gihugu kuko buri no mu bakomeje kubatoteza.

Ati “Muzabacungira umutekano mubarinda Guverinoma yabo, nanone kandi n’abacancuro mperutse kumva…”

Perezida Kagame ni ho yahise avuga ku bacancuro b’Abarusiya bo mu itsinda rya Wagner bahawe ikiraka na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo bazanafasha iki Gihugu gutera u Rwanda nkuko byakunze kumvikana mu majwi ya Perezida wacyo Tshisekedi.

Ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye. Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Avuga ko mbere na mbere iki Gihugu cyari gisanzwe kiri mu bibazo noneho hakiyongeraho no kuzana abacancuro “ikibazo kikuba inshuro nyinshi cyane, bikaba bibi kurushaho aho kuba byiza.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibintu nk’ibi birambiranye kandi ko ikibabaje ari uko hari Ibihugu byinshi bigwa mu mutego wo kuyoboka ibi binyoma, yavuze ko u Rwanda rufite ingorane nyinshi rwanyuzemo rutagikeneye kongera gusubiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

Minisitiri w’Uburezi yavuze ku nkuru y’akababaro y’umwana wazize impanuka

Next Post

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.