Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ku bacancuro bari muri DRC ababurira hakiri kare

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in POLITIKI, UMUTEKANO
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ku bacancuro bari muri DRC ababurira hakiri kare

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageneye ubutumwa Igihugu kiyambaje abacancuro, avuga ko ibibazo gisanganywe bizikuba inshuro nyinshi, anavuga kandi ko u Rwanda rufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo gukura mu nzira ikibazo cy’abo barwanyi igihe baba bifashishwe mu guhungabanya umutekano warwo.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023 ubwo yongeraga kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishingiye ku birego by’ibinyoma iki Gihugu gishinja u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko abakomeje kwegekwa ku Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birengagiza umuzi w’ikibazo nyirizina.

Avuga ko ikibazo nyirizina ari na cyo cyatumye impunzi z’Abanyekongo zihungira mu Rwanda, none yaba Igihugu cyabo ndetse n’ibigishyigikiye mu mugambi wo gushinja u Rwanda ibinyoma, bakaba barabuze icyo bakorera izi mpunzi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko uretse amahoro aba Banyekongo baburiye mu Gihugu cyabo kubera imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, ariko no kuba aba Banyekongo bitwa Abanyarwanda, atari ikibazo cy’u Rwanda.

Muri ubu butumwa yageneraga umuryango mpuzamahanga, yagize ati “Ni ikibazo kinini kuri mwe kuruta uko ari ikibazo kuri njye, ariko sinemera ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera uyu mutwaro ruhora rucunagurizwaho, rutukirwa umunsi ku wundi.”

Yakomeje agira ati “Mubafate mubajyane aho mushaka cyangwa mubajyane iwabo mubarindiriyo umutekano.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uretse ko mu bo bazabarinda harimo n’ubutegetsi bw’iki Gihugu kuko buri no mu bakomeje kubatoteza.

Ati “Muzabacungira umutekano mubarinda Guverinoma yabo, nanone kandi n’abacancuro mperutse kumva…”

Perezida Kagame ni ho yahise avuga ku bacancuro b’Abarusiya bo mu itsinda rya Wagner bahawe ikiraka na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo bazanafasha iki Gihugu gutera u Rwanda nkuko byakunze kumvikana mu majwi ya Perezida wacyo Tshisekedi.

Ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye. Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Avuga ko mbere na mbere iki Gihugu cyari gisanzwe kiri mu bibazo noneho hakiyongeraho no kuzana abacancuro “ikibazo kikuba inshuro nyinshi cyane, bikaba bibi kurushaho aho kuba byiza.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibintu nk’ibi birambiranye kandi ko ikibabaje ari uko hari Ibihugu byinshi bigwa mu mutego wo kuyoboka ibi binyoma, yavuze ko u Rwanda rufite ingorane nyinshi rwanyuzemo rutagikeneye kongera gusubiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Minisitiri w’Uburezi yavuze ku nkuru y’akababaro y’umwana wazize impanuka

Next Post

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.