Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe nkanegera Intare- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in Uncategorized
0
Bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe nkanegera Intare- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko yishimiye gusura ibikorwa by’ubukerarugendo muri Zambia by’umwihariko mu cyanya kibamo inyamaswa zirimo n’iz’inkazi.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022 yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Zambia aho yasuye ibice nyaburanga binyuranye.

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe, Perezida Kagame yasuye Pariki y’Igihugu cya Zambia, Musi-O-Tunya n’Icyanya cy’ubukerarugendo cya Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’Itangazamakuru nyuma y’iki gikorwa, Perezida Kagame yavuze ko yishimiye gusura ibi byiza nyaburanga.

Mu mashusho dukesha Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Zambia (ZNBC), Perezida Paul Kagame yagize ati “Ntabwo ari ibintu umuntu akora kenshi…kuri njye bwari ubwa mbere nkoze ku Gisamagwe [Cheetah] kwegera Intare mu ntambwe nkeya. Ariko iki ni igikorwa Isi ikwiye kumenya kandi abantu bakaza hano kuhasura.”

Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu kubungabunga aha hantu hanogeye ijisho, avuga ko abashoramari bakwiye kuhajyana ibikorwa.

Yavuze ko kuba yahasuye ari itangiriro kuko agiye gushishikariza abaturarwanda kuzahasura “Bakaza bakirebera ibyiza nanjye nabonye.”

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema washimiye mugenzi we Kagame kuba yaraje kubasura, yavuze ko aha hantu h’ubukerarugendo basuye ari umutungo w’Isi bityo ko abayituye kuhasura.

Perezida Kagame waraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yamenyesheje mugenzi we Hichilema ko yahageze amahoro amushimira uburyo yamwakiriye.

Hichilema wasubije ubutumwa bwa Perezida Kagame yashyize kuri Twitter, yagize ati “Urakoze cyane muvandimwe wanjye Perezida Kagame. Dushimiye Imana kuba wagezeyo amahoro kandi twishimiye kuzakomeza gukorana mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byacu.”

Perezida Kagame ubwo yakoraga ku Gisamagwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 14 =

Previous Post

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Next Post

Umugore ukekwaho kuboha umwana we amaboko yafashwe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Umugore ukekwaho kuboha umwana we amaboko yafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.