Thursday, June 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byemejwe ko hari kuvugururwa ibizatuma ntakizongera gusubiza inyuma kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in MU RWANDA
0
Byemejwe ko hari kuvugururwa ibizatuma ntakizongera gusubiza inyuma kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hari kunozwa amasezerano azatuma gahunda yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro bari mu Bwongereza, ishoboka mu buryo bworoshye.

Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize Urukiko rw’Ikirenga rwo mu Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano ya mbere y’iki Gihugu n’u Rwanda, ruvuga ko kohereza abimukira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko.

Ni icyemezo cyubashwe na Guverinoma y’u Rwanda kuko cyafashwe n’urwego rubifitiye ububasha, ariko yamagana ibikivugwamo ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abo bantu bakuwe mu Bwongereza, ngo kuko hari impungenge ko bazahita bosubizwa aho bavuye.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo; mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Abongereza ya Sky TV, yavuze ko u Rwanda rudafite icyo rwakora kuri kiriya cyemezo, ariko ko rutabura kugira icyo rukivugaho.

Yagize ati “Mbere na mbere ni icyemezo cy’urwego rw’Ubucamanza bw’u Bwongereza, twe ntitugifiteho ububasha, ariko icyo tutemera ni ukugaragaza u Rwanda nk’Igihugu kidatekanye.

U Rwanda ni ahantu hatekanye ku buryo nta bimukira cyangwa abasaba ubuhungiro bashobora gusubizwa iwabo ngo babe bagirirwa nabi. Ibyo ntabwo u Rwanda rushobora kubikora.”

Yolande Makolo akomeza avuga ko iri sezerano rinari muri ariya masezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza ku buryo nta n’uwari ukwiye kubishidikanyaho, ndetse ko byanitaweho mu masezerano ari gutegurwa ubu.

Ati “Tuzanabihamya mu masezerano turi kuvugurura. Izo mpungenge z’uko abimukira basubizwa mu Bihugu baturutsemo, zarasubijwe, kandi bizanashyirwa mu masezerano.”

Ubwo Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwari rumaze gufata kiriya cyemezo, Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Rishi Sunak yahise atangaza ko azakora ibishoboka byose iyi gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ikagerwaho.

Yagaragaje indi nzira igomba kunyura kugira ngo uyu mugambi ushyirwe mu bikorwa byanga byakunda, aho yagize ati “Ndatangaza ko tugiye gutera indi ntambwe idasanzwe yo gukoresha itegeko ry’ibihe bidasanzwe, ku buryo bizatuma Inteko Ishinga Amategeko yemeza ko aya masezerano n’u Rwanda akurikije amategeko kandi ko u Rwanda rutekanye.”

Rishi Sunak kandi yavuze ko atazigera yongera kwemera ko hari abandi bazongera kwitambika iyi gahunda, by’umwihariko Urukiko rwo mu mahanga.

Yagize ati “Sinzigera nemera ko Urukiko rwo hanze y’Igihugu rubuza indege ijyana abimukira mu Rwanda. Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, nirutambamira icyemezo cy’Inteko yacu, niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege igende.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + five =

Previous Post

Gicumbi: Hatangajwe amakuru ku bakekwaho kunyereza miliyoni 690Frw za Koperative

Next Post

Minisitiri w’Intebe yakiriye ku meza Visi Perezida wa Cuba wazaniye Abanyarwanda intashyo z’Abanya-Cuba

Related Posts

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

by radiotv10
19/06/2025
0

Imodoka ya bisi ikoresha amashyarazi y’imwe muri sosiyete itwara abagenzi, yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga nyuma y’iminsi micye hari indi...

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

by radiotv10
19/06/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo, yakoze ibitemewe, ndetse ko yatangiye kubazwa icyabimuteye....

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Eng- Controversial explanations by a school Head accused of selling student’s food

by radiotv10
19/06/2025
0

The head of Munoga Primary School in Ngamba Sector, Kamonyi District, Nsengimana, is accused of selling 150kgs of students’ food....

Amakuru mashya: Hamenyekanye itakiri yo gusinyaho amasezerano ya mbere y’amahoro y’u Rwanda na Congo

Amakuru mashya: Hamenyekanye itakiri yo gusinyaho amasezerano ya mbere y’amahoro y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje mu biganiro byahuje iy’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zemeje...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

by radiotv10
19/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubw’iza Uganda (UPDF) ziri mu biganiro by’iminsi itatu bibaye ku nshuro ya gatanu bihuza abakuriye...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

by radiotv10
19/06/2025
0

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

19/06/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/06/2025
Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

19/06/2025
Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

19/06/2025
Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

19/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe yakiriye ku meza Visi Perezida wa Cuba wazaniye Abanyarwanda intashyo z’Abanya-Cuba

Minisitiri w’Intebe yakiriye ku meza Visi Perezida wa Cuba wazaniye Abanyarwanda intashyo z’Abanya-Cuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.