Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in MU RWANDA
0
Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga cya Muhazi nyuma yo gukodesha ubwato bw’imwe muri hoteli zo ku nkombe zacyo, yageramo hagati agasimbukiramo.

Uyu mugabo wigishije benshi gutwara imodoka yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025, nyuma yuko akoze urugendo akajya ahawi nka King Fisher mu Karere ka Gasabo, avuye mu Karere ka Gicumbi.

Inkuru y’urupfu rwa Mwarimu Clement yasakaye kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025 aho bamwe mu bo yigishije barimo n’abanyamakuru n’abandi bazwi ku mbuga nkoranyambaga, bagaragazaga agahinda k’urupfu rw’uyu wabafashije kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Umwe mu bo yigishije, yagize ati “Ni byo Mwarimu Clement yitabye Imana yiyahuye mu Kiyaga cya Muhazi, nyuma yuko yari yaje kuri King Fisher.”

Aya makuru y’urupfu rwa Mwarimu Clement, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, wavuze ko uyu mugabo yari yabanje kujya kuri iriya Hoteli akanasaba serivisi yo gutembera mu bwato.

Yagize ati “Yaje n’ubwato, bumugeza kuri iyi hoteli, akodesha bumwe mu bwato abantu bakoresha mu buryo bwo gutembera mu kiyaga, abwira abakozi b’aho ngaho ko azi gutwara ubwo bwato, ntakibazo.” Avuga ko abakozi b’iriya Hoteli, bamuhaye ibikoresho bimufasha kugenda mu kiyaga, birimo umwambaro wabugenewe, ubundi akajya mu bwato buto.

Ati “Ageze nko muri metero mirongo itanu ni bwo yakuyemo ya gillet, ayirambika mu kato, ahita asimbukira mu mazi.”

Nyuma yuko uyu mugabo asimbukiye mu mazi ubwo yari ageze muri metero 50, abakozi b’iriya hoteli bamubonye, bagahita bihutira kujya kumureba kugira ngo barebe ko bamutabara, ariko bikaba iby’ubusa kuko yari yamaze kwibira yageze kure, akaza kwitaba Imana.

Uyu mugabo wari unafite YouTube Channel yifashishaga mu gutanga amasomo yo gutwara ibinyabiziga n’amategeko y’umuhanda, mu kazi ke yakundaga kuvuga ko ikimufasha kwigisha abantu bagafata ari uko yanize kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda mu yahoze ari KIE.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 18 =

Previous Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Related Posts

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

IZIHERUKA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka
MU RWANDA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

11/11/2025
Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.