Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

I Bangui mu Murwa Mukuru wa Repubulika ya Centrafrique ahahoze ibibazo by’umutekano, ubu amahoro arahinda, babikesha Ingabo z’u Rwanda zagiyeyo mu butumwa, zirahirirwa n’abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga ko abacuruzi bongeye gukora ku ifaranga, abanyeshuri bagasubira ku mashuri, ubuzima bukongera gusubira ku murongo.

Kuva muri 2013, Repubulika ya Centrafrique yibasiwe n’ibibazo by’umutekano byadutse ubwo François Bozizé wari Perezida yahirikwaga ku butegetsi n’ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba zo mu idini ya Isilamu rizwi nka Séléka, aho iri huriro ritahwemye guhora mu makimbirane n’imitwe ya anti-Balaka yari igizwe n’abakristu bari bashyigikiye uyu Bozizé.

Muri 2019, u Rwanda rwohereje ingabo muri Centrafrique zari zigiye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, zaje kunganirwa n’izoherejwe mu mpera za 2020, zo zagiye ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, zagiye nyuma y’uko izari ziriyo zari zikomeje kwibasirwa n’inyeshyamba.

Kuva icyo igihe, ibintu byarahindutse muri iki Gihugu by’umwihariko i Bangui mu Murwa Mukuru wacyo, aho ubu ibikorwa byari byarahagaze byarasenywe n’imidugararo; nk’amashuri, amavuriro n’amasoko, ubu bimwe byongeye kubakwa na RDF, bikaba bikora neza.

Nyuma yo guhashya iyi mitwe, ingabo z’u Rwanda kandi zanubatse bimwe mu bikorwa byari byarasenywe n’izi mvururu, ubu byongeye gukora nk’uko byahoze.

Abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga imyato ingabo z’u Rwanda zababereye nk’umucunguzi, kuko ubu batekanye, bakaba basigaye baryama bagasinzira ntacyo bikanga, ndetse n’ibikorwa byabo bakabikora ntacyo bikanga.

Umwe mu bacuruzi bo muri uyu mujyi, yagize ati “Ubu ndakora nkageza saa tanu z’ijoro kuko iyo abantu batangiye kugenda nanjye ndataha, ni ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze n’uko byifashe uyu munsi, hari itandukaniro rikomeye ku bijyanye n’umutekano, ubu dufite umutekano, na we urabona abasirikare, ubu dufite abantu baturinda.”

Uyu mucuruzi avuga ko kuva ingabo z’u Rwanda zatangira kubacungira umutekano, ibintu byahindutse, kuko amahoro ahinda, abantu bakaba basigaye bakora batikanga.

Mugenzi we witwa Natasha avuga ko iyo babona ingabo z’u Rwanda ziri ku burinzi muri ibi bice bacururizamo, baba bizeye ko ntakintu gishobora kubahungabanyiriza umutekano, bikaba byaratumye bongera gukora ku ifaranga kuko bacuruza nta nkomyi.

Ati “Mbere twari dufite ikibazo cy’abakiliya, ariko ubu baraza nta kibazo cy’amafaranga gihari, iyo tubona abasirikare bari gucunga umutekano hano, bidutera ibyishimo ndetse n’abakiliya bakaza ntacyo bikanga.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko “ibijyanye no kurwanya umwanzi byo bisa nk’aho byarangiye, uretse ko ibikorwa byo gucunga umutekano bigikomeza kugira ngo nihagira ikindi kibazo kivuga aho ari ho hose tube twagikurikirana.”

Akomeza agira ati “Iyo turangije rero ako kazi, muri filozofi yacu tugomba gukora n’ibindi bituma umutekano rusange uza, kimwe muri ibyo bikorwa rero, ni ukubaka amashuri, amavuriro, ahantu hatandukanye, gukora isuku mu mujyi…”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko nubwo uyu mujyi wa Bangui ari munini ku buryo ibigikenewe gukorwa ari byinshi, ariko ingabo z’u Rwanda ziri gukora ibishoboka, kuko zigenda zifata igice kimwe zikakibandaho, cyamara kugira ibikorwa by’ibanze, bakajya mu kindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 9 =

Previous Post

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Next Post

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n'igihe bizatangirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.