Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

I Bangui mu Murwa Mukuru wa Repubulika ya Centrafrique ahahoze ibibazo by’umutekano, ubu amahoro arahinda, babikesha Ingabo z’u Rwanda zagiyeyo mu butumwa, zirahirirwa n’abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga ko abacuruzi bongeye gukora ku ifaranga, abanyeshuri bagasubira ku mashuri, ubuzima bukongera gusubira ku murongo.

Kuva muri 2013, Repubulika ya Centrafrique yibasiwe n’ibibazo by’umutekano byadutse ubwo François Bozizé wari Perezida yahirikwaga ku butegetsi n’ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba zo mu idini ya Isilamu rizwi nka Séléka, aho iri huriro ritahwemye guhora mu makimbirane n’imitwe ya anti-Balaka yari igizwe n’abakristu bari bashyigikiye uyu Bozizé.

Muri 2019, u Rwanda rwohereje ingabo muri Centrafrique zari zigiye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, zaje kunganirwa n’izoherejwe mu mpera za 2020, zo zagiye ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, zagiye nyuma y’uko izari ziriyo zari zikomeje kwibasirwa n’inyeshyamba.

Kuva icyo igihe, ibintu byarahindutse muri iki Gihugu by’umwihariko i Bangui mu Murwa Mukuru wacyo, aho ubu ibikorwa byari byarahagaze byarasenywe n’imidugararo; nk’amashuri, amavuriro n’amasoko, ubu bimwe byongeye kubakwa na RDF, bikaba bikora neza.

Nyuma yo guhashya iyi mitwe, ingabo z’u Rwanda kandi zanubatse bimwe mu bikorwa byari byarasenywe n’izi mvururu, ubu byongeye gukora nk’uko byahoze.

Abaturage bo muri uyu mujyi, bavuga imyato ingabo z’u Rwanda zababereye nk’umucunguzi, kuko ubu batekanye, bakaba basigaye baryama bagasinzira ntacyo bikanga, ndetse n’ibikorwa byabo bakabikora ntacyo bikanga.

Umwe mu bacuruzi bo muri uyu mujyi, yagize ati “Ubu ndakora nkageza saa tanu z’ijoro kuko iyo abantu batangiye kugenda nanjye ndataha, ni ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze n’uko byifashe uyu munsi, hari itandukaniro rikomeye ku bijyanye n’umutekano, ubu dufite umutekano, na we urabona abasirikare, ubu dufite abantu baturinda.”

Uyu mucuruzi avuga ko kuva ingabo z’u Rwanda zatangira kubacungira umutekano, ibintu byahindutse, kuko amahoro ahinda, abantu bakaba basigaye bakora batikanga.

Mugenzi we witwa Natasha avuga ko iyo babona ingabo z’u Rwanda ziri ku burinzi muri ibi bice bacururizamo, baba bizeye ko ntakintu gishobora kubahungabanyiriza umutekano, bikaba byaratumye bongera gukora ku ifaranga kuko bacuruza nta nkomyi.

Ati “Mbere twari dufite ikibazo cy’abakiliya, ariko ubu baraza nta kibazo cy’amafaranga gihari, iyo tubona abasirikare bari gucunga umutekano hano, bidutera ibyishimo ndetse n’abakiliya bakaza ntacyo bikanga.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko “ibijyanye no kurwanya umwanzi byo bisa nk’aho byarangiye, uretse ko ibikorwa byo gucunga umutekano bigikomeza kugira ngo nihagira ikindi kibazo kivuga aho ari ho hose tube twagikurikirana.”

Akomeza agira ati “Iyo turangije rero ako kazi, muri filozofi yacu tugomba gukora n’ibindi bituma umutekano rusange uza, kimwe muri ibyo bikorwa rero, ni ukubaka amashuri, amavuriro, ahantu hatandukanye, gukora isuku mu mujyi…”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko nubwo uyu mujyi wa Bangui ari munini ku buryo ibigikenewe gukorwa ari byinshi, ariko ingabo z’u Rwanda ziri gukora ibishoboka, kuko zigenda zifata igice kimwe zikakibandaho, cyamara kugira ibikorwa by’ibanze, bakajya mu kindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Next Post

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n'igihe bizatangirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.